BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Handball: U Rwanda rwabaye urwa nyuma, Misiri yegukana igikombe

Handball: U Rwanda rwabaye urwa nyuma, Misiri yegukana igikombe

admin
Last updated: August 29, 2022 11:00 am
admin
Share
SHARE

Mu irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 mu mukino wa Handball ryaberaga mu Rwanda, ikipe y’igihugu ya Misiri yegukanye igikombe, mu gihe u Rwanda rwatashye amaramasa.

Misiri yegukanye igikombe isuzuguye Algéria

Imikino yo gusoza irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 muri Handball, ryasojwe ku Cyumweru tariki 28 Kanama 2022.

Iyi mikino yabereye muri BK Arena, ntabwo u Rwanda rwitwaye neza kuko rwasoje ku mwanya wa nyuma mu bihugu umunani byari byitabiriye iri rushanwa.

Misiri yegukanye iki gikombe ku nshuro ya 13 itsinze Algéria ibitego 35-15. Ni umukino woroheye aba banya-Misiri.

Ni umukino witabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa n’abandi bayobozi batandukanye barimo perezida wa Ferwahand, Twahirwa Alfred.

Nyuma yo gusoza irushanwa ry’abaterengeje imyaka 20, ku wa Kabiri muri BK Arena haratangira iry’abatarengeje imyaka 18 ndetse n’ibihugu bizitabira byatangiye kugera mu Rwanda.

Uko ibihugu byakurikiranye:

  1. Misiri
  2. Algérie
  3. Tunisia
  4. Angola
  5. Maroc
  6. Libya
  7. Congo
  8. Rwanda
Algéria yatahanye umwanya wa Kabiri mu batarengeje imyaka 20
Perezida wa Ferwahanda, Twahirwa Alfred na Min wa Siporo, Munyangaju Aurore barebye umukino wa nyuma
Misiri yongeye kwerekana ko ikwiye icyubahiro muri Handball y’abato
Misiri yishimiye igikombe yegukanye yagukenya itsinze Algéria
Minisitiri Munyangaju Aurore ubwo yahaga igikombe Misiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?