BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Hamida wakundanye na Rwatubyaye yitabye Imana

Hamida wakundanye na Rwatubyaye yitabye Imana

admin
Last updated: November 6, 2022 10:16 am
admin
Share
SHARE

Umukobwa uheruka kwemeza ko ari mu rukundo na Rwatubyaye Abdoul ukinira Rayon Sports, Hamida yitabye Imana azize uburwayi.

Hamida yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi

Ni inkuru mbi yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 6 Ugushyingo 2022, nyuma y’uko byemejwe n’umuvandimwe wa Hamida wari umurwaje mu gihugu cya Indonesia.

Abinyujije mu butumwa bwa Whatsapp ya Hamida, uyu muvandimwe we yemeje ko byarangiye Hamida atakiri mu mubiri.

Ati “Mwaramutse, ndagira ngo mbamenyeshe ko umuvandimwe wanjye yitabye Imana. Mukomeze mu munsengere.”

Mu minsi ishize Nyakwigendera yari aherutse kuvuga ko arembye bikomeye cyane, ndetse ko yari yitangarije ko atabasha no gutambuka.

Mu magambo yakoresheje icyo gihe yagaragaje ko atorohewe.

Yagize ati “Abantu bakomeza kumbaza iby’urukundo rwanjye, ubuzima bwanjye bwari mu kirere cyangwa icyo twita amarembo y’ijuru, natakaje amaraso, amaguru yanjye ntabasha kugenda ubu ndi mu kagare njya kwa muganga nanavayo, ndimo ndwana na Leukemia (ubwoko bwa kanseri y’amaraso) na Infenction y’ibihaha.”

Rwatubyaye Abdul na Hamida batangiye kuvugwa mu rukundo muri 2019 nibwo yatangiye kuvugwa mu rukundo.

Mu 2020, aba bombi bashimangiye ko bakundana urutavangiye, ndetse bitanaga umugore n’umugabo.

Gusa mu minsi ishize, Abdoul Rwatubyaye yatangaje ko atakiri mu rukundo n’uyu mugore.
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • gatera says:
    November 6, 2022 at 1:22 pm

    Uyu mukobwa atubabaje turi benshi kuva twamenya inkuru ye na Rwatubyaye.Ababyeyi be nibihangane.CANCER ni indwara mbi cyane ibabaza.Yica abantu bagera kuli 10 millions buri mwaka. Kandi ni bacye bamenya ko bayirwaye hakiri kare.Uyivuje hakiri kare,ushobora gukira.Tujye twibuka ko mu isi nshya dutegereje ivugwa muli Petero wa kabiri,igice cya 3,umurongo wa 13,nta ndwara zizabamo cyangwa urupfu nkuko Ibyahishuwe 21 umurongo wa 4 havuga .Isi izaba paradizo,ituwe gusa n’abantu bumvira imana kubera ko abakora ibyo itubuza izabarimbura bose ku munsi wa nyuma nkuko Zabuli 145,umurongo wa 20 havuga.Nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6,umurongo wa 40,abapfuye baririndaga gukora ibyo Imana itubuza,izabazura ku munsi w’imperuka.

    Reply
  • Sinamenye Vincent says:
    November 6, 2022 at 3:32 pm

    Sha ndababaye cyane kbs uyu mukobwa yari classmate wanjye but her soul rest in peace

    Reply
  • UMUHAMYA says:
    November 6, 2022 at 6:30 pm

    Imana izaguhe ibihembo wakoreye kd izaguhe imbabazi kubyowakoze bibi mubuzima ijyendere gusa iyuza kwizigama akana wenda twari kuzahora tukwibukira kuricyo kibondo ngaho ujyire iruhuko ridashira mwanawamama by

    Reply
  • Nkurunziza donati says:
    November 6, 2022 at 9:04 pm

    Naruhukire mu mahoro!gusa imana ibonye ko ari ngwoba iramuruhura ahasigaye imana niyo izi aho igomba gushyira ubugingo bwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?