BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Hamenyekanye imibare y’abamaze gupfira mu myigaragambyo ya Wazalendo yamagana Gen Gasita wa FARDC

Hamenyekanye imibare y’abamaze gupfira mu myigaragambyo ya Wazalendo yamagana Gen Gasita wa FARDC

sam
Last updated: September 6, 2025 2:37 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu abantu benshi biganjemo abana n’abagore bo mu miryango y’abarwanyi ba Wazalendo baramukiye mu mihanda bamagara Gen Gasita woherejwe na leta kuyobora ibikorwa byagisirikare muri Uvira.

Amakuru avuga ko iyi myigaragambyo yo kwamagana ishyirwaho rya Brig Gen. Gasita Olivier wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yapfiriyemo abantu batatu.

Wazalendo isanzwe ishyigikiwe na Leta ya RDC yatangiye iyi myigaragambyo ku wa 2 Nzeri 2025.

Uyu ni umunsi WA Kane Wazalendo ihagaritse ibikorwa by’ubuzima bw’abatutmrage bya buri munsi ,kugeza ubu yafunze umuhanda munini wo muri Uvira, ihagarika ibikorwa byose abaturage bakesha imibereho n’iterambere.

Perezida wa Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo,Félix Tshisekedi mu Ukuboza 2024 yagize Brig Gen Gasita umuyobozi wungirije w’Akarere ka gisirikare ka 33 ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Wazalendo bavuga ko badashobora kwemera ko akorera muri Uvira kuko ngo ni Umunyamulenge akaba n’Umunyarwanda.

AWazalendo yamenyesheje ubuyobozi bwo muri RDC ko izahagarika imyigaragambyo mu gihe Brig. Gen. Gasita azaba akuwe muri Uvira, agasimbuzwa undi muntu bazifatanya mu kurinda uyu mujyi.

Ku tariki y 4 Nzeri, imyigaragambyo yafashe intera, Wazalendo bakomeretsa abasivili benshi. Batatu muri abo barimo abamotari babiri bishwe n’ibikomere nk’uko ubuyobozi bwo mu rwego rw’ubuzima muri Uvira bubyemeza.

Umuvugizi w’ingabo za RDC, Gen Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, yamenyesheje Wazalendo ko Perezida Tshisekedi ari we wohereje Brig Gen. Gasita muri Uvira kandi ko uyu musirikare atigeze agambanira igihugu, bityo ko bakwiye kumureka agakora inshingano.

Yagize ati “Gen Gasita ni umuntu ukunda igihugu by’ukuri kandi yarabigaragaje aho yanyuze hose. Iyo aba akekwa, ntabwo aba yidegembya uyu munsi.”

Umudepite uhagarariye Uvira mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC, Justin Bitakwira, yatangaje ko iki kibazo gikomeye kurusha uko abari i Kinshasa babitekereza kuko ubuzima bw’abaturage bwahagaze. Yasabye Perezida Tshisekedi kugikemura.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Fizi: Imitwe ibiri ya Wazalendo yasubiranyemo bane bahasiga ubuzima

1 Min Read
Umutekano

Gen Tshiwewe na bagenzi be babiri baba birukanwe mu gisirikare cya RDC?

1 Min Read
Umutekano

DRC: FARDC yongeye kwica agahenge ikoresheje Drones muri Walikare na Masisi

1 Min Read
Umutekano

Rutshuru: Wazalendo zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Tongo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?