BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Hakenewe miliyoni 50 Frw zo gushyingura umunyarwanda waguye muri Amerika

Hakenewe miliyoni 50 Frw zo gushyingura umunyarwanda waguye muri Amerika

admin
Last updated: January 4, 2023 1:31 pm
admin
Share
SHARE

Hari gukusanywa miliyoni zisaga 50Frw zo gushyingura mu cyubahiro umusore w’umunyarwanda witwa Ngabo Isaac wabaga muri Leta Zunze ubumwe za Amerika witabye Imana ku wa 29 Ukuboza i Knoxville.

Ngabo Isaac yitabye Imana afite imyaka 24

Ngabo Isaac w’imyaka 24 yitabye Imana ku wa 29 Ukuboza 2022 aguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni umusore muto wari utangiye gukuza impano ye mu mukino wa Basketball nk’uko bitangazwa na Bagabo Adolphe wamenyekanye nka Kamichi.

Nyuma y’iminsi mike yitabye Imana, Kamichi yatangije uburyo bwo gukusanya inkunga yo kugoboka umuryango wa Ngabo mu bikorwa byo gushyingura nyakwigendera.

Kamichi yavuze ko nibura hakenewe ibihumbi 50$ (arenga miliyoni 50Frw) kugira ngo uyu musore aherekezwe mu cyubahiro.

Ni inkunga iri gukusanywa hifashishijwe uburyo bwa ‘Gofundme’ aho buri wese atanga uko yifite kugira ngo iki gikorwa kizagende neza.

Muri Amerika uyu musore yabanaga na Nyina umubyara witwa Caritas Baziga[DADA] n’abavandimwe be babiri.

Biteganyijwe ko Ngabo Isaac azashyingurwa mu cyubahiro ku wa 14 Mutarama 2023 mu Mujyi wa Knoxville ho muri Leta ya Tennessee.

Kanda hano munsi ubashe gutanga inkunga yo gushyingura Ngabo Isaac

https://www.gofundme.com/f/isaac-ngabos-funeral?utm_campaign=p_cf+share-flow-1&utm_medium=chat&utm_source=whatsapp 

Bagabo Adolphe uzwi nka Kamichi watangije ubukangurambaga bwo gushyingura Ngabo

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
9 Comments
  • bukeye says:
    January 4, 2023 at 1:50 pm

    Twihanganishije umuryango we.Ariko abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply
    • Kumiro Jean says:
      January 4, 2023 at 2:08 pm

      Wowe wiyita Bukeye, jya ubwo buyowe bwawe kure. Ibyo byigisho byuzuye ubumara !

      Reply
  • citoyen says:
    January 4, 2023 at 2:05 pm

    Igisigaye ni ukumenya niba imiryango yose yabuze ababo muyikorera bene nk’ibi.

    Reply
    • Matsiko says:
      January 4, 2023 at 5:43 pm

      Ntawe nifurije gupfa nogupfusha ark abakiriho tuzahura nabyo

      Reply
  • Jado says:
    January 4, 2023 at 2:16 pm

    Muvandimwe citoyen,niba ubishoboye tera inkunga uwo muryango, kandi niba utabishoboye icecekere, hanyuma nawe nugira uwo ushaka gutera inkunga uzegere abo muziranye bagufashe,gufashanya numuco mwiza, amahoro y Imana abane namwe.

    Reply
  • Irihose peter says:
    January 4, 2023 at 3:27 pm

    arko abantu turatangaje cyane kabone naho ntaho waba uhuriye numuntu hari imvugo tutaba dukwiye ngukoresha muruhame ntamuntu ukwubwiyego ufashe kungufu ngufasha ni umutima wae ubwo rero bene data ntitugafate ibintu nkongutoneka abandi

    Reply
  • Kuradusenge jean de Dieu says:
    January 4, 2023 at 3:57 pm

    Kuba yaritabye Imana birababaje kdi twihanganishije umuryango we,rero nubwo ntafashe umwanya ngo nsome iyi nkuru ariko sinakwihanganira kuvuga ko harimo no gukabya,Ese muzi miliyoni50 uburyo zishoborabkugaburiea bamwe mubanyarwanda badafite amafunguro? Reba uguze umuceri n’amavuta ugaha abanyarwanda batujwe mu Busanza bimuwe muri Bannyahe ?. Yeweeee ntacyo mvuze kirenze

    Reply
    • Matsiko says:
      January 4, 2023 at 5:40 pm

      Tureke kuvuga byinshi kuntumbi yumusore utiyahuye uyumunsi niwe ejo ninjye tureke gutoneka imitima yabenshi cyane Nyina na bavandimwe be mbere yokuvuga ngo 50m$ nimenshi uragira ngo nikwakundi dushyingura za Nyagatovu , Busanza nahandi? yooo, muribiriya bihugu twita ijuru rito gushyingura bihenda kurenza ubukwe. tanga uko wifite niba ntanicyo ufite icecekere naho uriya uvuga abimuwe bannyahe namarangamutima ubu se nibyo baciriritse yabonye? ndashima Kamichi nabandi bagiraneza bakomeje kuba hafi yumuryango wa Nyakwigendera naho bariya bavuga mumvugo zimenyerewe.kwitaba IMANA bitandukaniyehe nuko Yesu yasubije Marita? muzana ubugororangingo butampayagaciro !!!!! ubwose wibuka ko Yobu bakimara kumubikira yavuze ngo IMANA niyo yabampaye kdi niyo ibishubije? ikosa yakoze nirihe? mbaye nkawe navuga iyaba ariwowe bibayeho ark sindi wowe . uzafungure chaine uzajye unyuzaho ibibwirizwa ureke gukinira kuri maiti yumusore

      Reply
  • Kayitare says:
    January 6, 2023 at 1:33 pm

    Mwabantu mwe uwagiye imana imwakire mubayo kdi nabamuvugiraho barekeraho umuryango wagize ibyago Imana ibakokereze umutima

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?