BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Guillaume Bunyoni yasubijwe ku rutonde rw’abo America yafatiye ibihano

Guillaume Bunyoni yasubijwe ku rutonde rw’abo America yafatiye ibihano

admin
Last updated: December 14, 2022 11:34 am
admin
Share
SHARE

Alain Guillaume Bunyoni uheruka gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yongeye kugaragara ku rutonde rw’abantu America yafatiye ibihano.

Alain Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’Intebe mu Burundi

Bunyoni yaravuzwe cyane mu gihe cy’ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza, no mu gihe cy’imyigaragambyo yo mu 2015 nk’umwe mu bahonyoye uburenganzira bwa muntu.

Leta zunze ubumwe za America zifatira abantu ibihano iyo zibashinja kwica uburenganzira bwa muntu

Uyu mwanzuro watangajwe na Deparitema ya Leta ya America mbere gato y’uko Isi yizihiza umunsi wahariwe kwita ku burenganzira bwa muntu wizihijwe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

America ifita bene ibi bihano mu rwego rwo gushyira ingufu mu kurwanya ibyaha bya ruswa, no kwamagana ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Bunyoni n’abandi bafatiwe ibihano na America imitungo yabo irafatirwa muri kiriya gihugu ndetse ntibemererwe Visa zo kujyayo.

Mu mwaka wa 2020, Bunyoni yari yakuwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano ubwo yagirwaga Minisitiri w’Intebe, ariko yongeye gushyirwa ku rutonde nyuma yo kuvanwa kuri uriya mwanya.

Uyu mugabo wahoze afite ingufu mu gihugu cye, muri Nzeri yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, nyuma y’igihe ahanganye na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yakunze kugarukwaho muri raporo z’imiryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu mu bikorwa bya ruswa haba mu Burundi no mu burasirazuba bwa Congo.

ISOOKO: SOS Media Burundi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • mahoro jack says:
    December 14, 2022 at 1:36 pm

    Ngo …ndetse ntibemererwe Visa zo kujyayo? Harya iyo umuntu atagiye muri Amerika aba iki? Ariko ibi bizarangira ryari kweli? Sinshyigikiye abahohotera abantu rwose, ariko kuba igihugu kimwe cyarigize umupolisi w’isi yose ni ubwirasi buteye isesemi. Ngirango nibyo na Putine yarambiwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?