BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Goma: Batangiye imyigaragambyo y’iminsi ibiri isaba ibintu bitatu bikomeye

Goma: Batangiye imyigaragambyo y’iminsi ibiri isaba ibintu bitatu bikomeye

admin
Last updated: September 26, 2022 11:20 am
admin
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Goma, haramukiye imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana ubutegetsi bwa Gisirikare muri Kivu ya Ruguru, isaba iyirukanwa rya MONUSCO ku butaka bwa Congo ndetse no kurekura Umujyi wa Bunagana n’ibindi bice byigaruriwe na M23.

Ni imyigaragambyo iri kubera mu bice by’Umujyi wa Goma aho inzego zishinzwe umutekano zihanganye n’abigaragambya bafunze imihanda.

Yitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abayobozi ba sosiyete sivile, abaturage basanzwe, abamotari, abacuruzi n’abandi.

Iyi myigaragambyo yitabiriwe kandi n’amashyaka arimo abafite ingengabitekerezo yo kwanga u Rwanda asaba ko FARDC yafungura umuriro w’amasasu k’u Rwanda bafata nk’umwanzi nimero ya mbere.

Sosiyete sivile ivuga ko kuva ku wa 26-27 Nzeri 2022 nta bikorwa byemewe mu Mujyi wa Goma ko ari iminsi y’umubabaro yo kwamagana ibibi bakorerwa amanywa n’ijoro.

Amashuri yose yafunze imiryango, ababyeyi nabo bafata ingamba zikomeye zo gucunga abana babo ngo badahutazwa n’iyo myigaragambyo.

Umwe mu banyamakuru wa Radiyo ikorera i Goma yabwiye UMUSEKE ko Kugeza ubu, amaduka menshi, n’izindi nyubako z’ubucuruzi byafunzwe.

Avuga ko n’imodoka zitwara abagenzi zitabasha gutambuka kubera gutinya uburakari bw’urubyiruko rwafunze imihanda hifashishijwe amabuye manini.

Ati “Ni imyagaragambyo yateye impagarara mu bice byinshi, Polisi yarashe ku bigaragambya mu duce twa Ndosho, Majengo, Katoyi na Buhene.”

Muri turiya duce Abapolisi bari gukoresha imyuka iryana mu maso n’amasasu ya nyayo mu rwego rwo gutatanya abigaragambya.

Abigaragambya bavuga ko ubutegetsi bwa Gisirikare bahawe bwananiwe kugarura amahoro n’umutekano basaba ko bwakurwaho mu maguru mashya.

Basaba kandi iyirukanwa rya MONUSCO ku butaka bwabo ndetse no kuvugurura igisirikare bavuga ko cyuzuyemo abagambanyi bashaka kugurisha igihugu cyabo ku mwanzi wabo ariwe u Rwanda.

Aba bigaragambya kandi bagaragaza ko biteye agahinda kuba Umujyi wa Bunagana n’iindi bice byigaruriwe n’umutwe wa M23 bimaze iminsi isaga 105 nta bushake Leta ya Tshisekedi ifite byo kubibohoza.

Mu ijwi rirenga bari gusaba ubutegetsi bwa Congo kugarura amahoro n’umutekano ndetse no kwirinda gukandamiza abaturage.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • lg says:
    September 26, 2022 at 4:44 pm

    Bariya ntaho bataniye nimbwa zimoka gusa aho kujya mumyigaragambyo bagiye Bunagana, M23 se yahafashe badahari ahubwo M23 yaritonze ubu izo ngegera ziba zarakwiriye imishwaro kandi nubu ubushobozi bwo kuyifata irabufite ninacyo cyatuma bemera imishyikirano

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?