BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Goma: Abigaragambya basahuye ibiro bya MONUSCO-VIDEO

Goma: Abigaragambya basahuye ibiro bya MONUSCO-VIDEO

admin
Last updated: July 25, 2022 11:23 am
admin
Share
SHARE

Mu myigaragambyo iri kubera mu Mujyi wa Goma ku murwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, abaturage biganjemo urubyiruko bateye ibirindiro by’Ingabo za MONUSCO, barasaba ko izi ngabo ziva mu gihugu cyabo ku bubi na bwiza.

Abaturage barashaka kwinjira ku ngufu mu birindiro bya MONUSCO

Ni imyigaragambyo yateguwe n’urubyiruko rwo mu ishyaka rya Perezida Antoine Felix Tshisekedi rubarizwa mu Mujyi wa Goma, yari yamaganwe n’igipolisi cyari cyiteguye kuyiburizamo ariko cyarushijwe imbaraga.

Mu gitondo cyo kuri uyu w mbere tariki 25 Nyakanga ahagana Saa kumi n’imwe imihanda y’ahitwa Gatoyi yari yarunzwemo amabuye, nta modoka yashoboraga gutambuka.

Uko amasaha yicumaga niko abigaragambya bo muri Komine Kalisimbi bisuganyaga begera imbere bashaka kwinjira mu Mujyi rwagati, babanje gukomwa mu nkokora na Polisi gusa bayirushije ingufu birara muri Rond Point BDGL aho bahuriye n’abaturutse mu bice bya Katindo, Birere no mu bindi bice bya Goma.

Aba Bakongomani bariye karungu bazengurutse mu mujyi rwagati baririmba indirimbo zo gukunda igihugu ariko basaba ko MONUSCO ihambirizwa izuba riva.

Bavuye mujyi rwagati bakora igitero ku birindiro by’ingabo za MONUSCO giherereye mu Birere hafi y’ikibuga cy’indege cya Goma, bari guhangana bashaka kwinjira ku ngufu.

Batwitse kandi amapine banatera amabuye ku nzugi zinjira imbere mu kigo, ingabo za MONUSCO kugeza ubu ziryamiye amajanja.

Usibye gutwika amapine hari ibindi bikorwaremezo bifasha izi ngabo byatwitswe n’abigaragambya.

Amakuru UMUSEKE ufite n’uko Igipolisi cyatse umusada Ingabo za FARDC kugira ngo babashe gusubiza inyuma abigaragambya bari kwiyongera umunota ku wundi.

Ibikorwa bitandukanye birimo inzu z’ubucuruzi, amasoko n’mashuri byari byafunguye kuri uyu wa mbere gusa ubwo imyigaragambyo yafataga indi ntera byahise bifungwa.

Abantu benshi batekewe n’ubwoba bibaza ikiri buhoshe iyi myigaragambyo yari yaburijwemo na Leta ariko bikayinnira ku munota wa nyuma.

Abamagana Ingabo za MONUSCO bakomeje kwiyongera muri RD Congo ishinjwa gudakemura ibibazo by’umutekano mucye wabaye ndanze muri iki gihugu by’umwihariko mu Burasirazuba aho imitwe yitwaje intwaro ijujubya abaturage uko bwije n’uko bucyeye.

 

Ingabo za MONUSCO ziryamiye amajanja
Ibibuye binini byarunzwe mu muhanda

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Pingback: Goma: Abigarambya bari gutwika bashaka kwinjira mu birindiro bya MONUSCO - Hano News

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?