BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

admin
Last updated: December 1, 2025 12:24 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwica baciye ijosi umugabo Abijuru Athanase, ufite imyaka 21.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Shyombo, Akagari ka Nyabikenke, Umurenge wa Kigembe, mu Karere ka Gisagara, mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ugushyingo 2025.

Amakuru avuga ko aba bantu bishe uyu mugabo bamutegeye mu nzira ubwo yari avuye aho acururiza ari kujya mu gasantere ka Nyaruteja.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko uyu mugabo yaba yarishwe n’abantu bashakaga kumwihimuraho, kuko bari bazamaze igihe bamuhigira ko bazamuhana.

Yagize ati ‘‘Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe banafashwe barimo umugabo wahoraga amubwira ko azamwihimuraho aho yahoraga avuga ko yababajwe n’uko aherutse kubafungishiriza umwana.’’

Yongeyeho ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kibirizi gukorerwa isuzuma, mu gihe abakekwaho kumwica bo bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyanza, mu gihe iperereza kuri bo rigikomeje.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?