BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Yamaze umwanya ahetse ku rutugu ingurube yapfuye

Gicumbi: Yamaze umwanya ahetse ku rutugu ingurube yapfuye

admin
Last updated: December 24, 2022 10:59 am
admin
Share
SHARE

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko, yafatanywe ingurube bene urugo bavuga ko yibye akayica akajya kuyigurisha, yamaze umwanya munini ahetse ku rutugu intumbi yayo, umutwe na wo awufite mu ntoki.

Uyu musore yamaze umwanya atemberana intumbi y’ingurube bivugwa ko yibye

Ubujura bw’amatungo hirya no hino mu byaro bugenda buvugwa, ndetse abaturage bakemeza ko hamwe bararana n’amatungo yabo mu rwego rwo kuyarindirira umutekano nubwo ibyo kurarana n’amatungo bitemewe.

Mu Mudugudu wa Akavuza, mu Kagari ka Mukono, Umurenge wa Bwisige haravugwa inkuru y’umusore witwa Banyangabose Theophile w’imyaka 22, ukekwaho kwiba ingurube akaza kugaragara yikoreye intumbi yayo, ndetse afite n’igihanga mu ntoki.

Iri tungo ngo yaryibye kwa Habumugisha Gilbert, ahagana saa tanu z’amanywa, ubwo bari bagiye mu mirimo y’ubuhinzi.

Uriya musore ngo yafashe iriya ngurube arayica,  ajya kuyigurisha mu Kagari ka Mabare, mu murenge wa Rukomo.

Gashema Innocent Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwesige, avuga ko biriya byabaye kuri uyu wa Gatanu, ubwo uriya musore ngo yishe ingurube ayiciye igihanga, ayishyira mu mufuka ajya kuyigurisha.

Ati “Bene urugo baje barashakisha, bamenya ko uriya muntu ari we wayibye, ndetse bamenya n’aho yayigurishije.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyabeye bitari bisanzwe, gusa asaba abaturage kumenya umutekano w’ingo zabo, no kubasaba kurara irondo muri rusange.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko uriya musore nyuma yo gufatanwa igihanga yajyanywe kuri Polisi, (station ya Shangasha).

UMUSEKE.RW/I Gicumbi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Kinyaga says:
    December 24, 2022 at 9:59 pm

    Yishakiraga igishoro
    Ubwo x mwebwe murebye imibereho ukuntu igoye muri uru Rwanda ubona urubyiruko benshi batazaba ibisambo

    Reply
  • Carlin says:
    December 28, 2022 at 10:05 am

    Nimba utekereza ko kwiba arigisubizo cyubucyene ufite ikibazo gikomeye gishobora kuzakugiraho ingaruka utazikuramo

    Reply

Leave a Reply to Kinyaga Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?