BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Umwana w’imyaka ine bamusanze mu giti yapfuye

Gicumbi: Umwana w’imyaka ine bamusanze mu giti yapfuye

admin
Last updated: October 17, 2022 6:14 pm
admin
Share
SHARE

Dushimiyimana Diane w’imyaka ine bamusanze mu giti yapfuye, birakekwa ko yishwe n’umwana w’imyaka 17 warererwaga mu rugo rumwe na we.

Ibara ritukura rigaragaza Akarere ka Gicumbi

Ibi byabaye mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Ukwakira 2022, mu Murenge wa Kageyo, Akagari ka Nyamiyaga, Akarere ka Gicumbi.

Amakuru avuga ko uyu musore yaje kurererwa mu rugo rwa Hakorimana ari na we se wa nyakwigendera, avuye mu Murenge wa Rutare nyuma bamushyira mu ishuri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyamiyaga, CYABAZAYIRE Christine, yahamije aya makuru, abwira UMUSEKE ko intandaro y’urupfu rw’uriya mwana itaramenyekana.

Yagize ati “Ni umusore bakiriye nk’umwana uje kuhaba. Yari ahamaze imyaka itatu aba muri urwo rugo. Uwo akekwaho ko yishe, yasanze afite amezi atatu.”

Ati “Impamvu ntiramenyekana, umurambo wabonetse mu ishyamba mu giti, hafi y’iwabo amanitse.”

Gitifu yasabye ababyeyi kuba amaso no kumenya abo bazana kurera aho baturuka.

Yagize ati “Ikintu twabwira ababyeyi ni ukwakira umuntu, ariko wamenye amakuru ye kuko nkeka ko batari bamuzi. Ikindi ni ukutagira uburangare ku muntu usigiye umwana.”

Kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro, ariko amakuru avuga ko uwo musore yavugaga ko yakoraga nk’umukozi adahembwa, ibyo bikamutera umujinya.

Ukekwa yahise atabwa muri yombi, akaba afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwa Shangasha. Ni mu gihe iperereza ryo rikomeje kuri urwo rupfu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Beya says:
    October 18, 2022 at 7:41 am

    IMANA YAKIRE UWO MUZIRANENGE! GUSA MURI IYI NKURU NTAHUYEMO IBINTU 2 BIDAHUYE:
    (I) INKURU IRAVUGA NGO: “Amakuru avuga ko uyu musore yaje kurererwa mu rugo rwa Hakorimana ari na we se wa nyakwigendera, avuye mu Murenge wa Rutare nyuma BAMUSHYIRA MU ISHURI (BIVUGA KO “YIGAGA”).
    (II) INKURU NANONE IKAVUGA KO: “Kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro, ariko amakuru avuga ko uwo musore yavugaga ko YAKORAGA NK’UMUKOZI ADAHEMBWA, ibyo bikamutera umujinya.”

    ARAMUTSE YARAKIRIWE MURI URWO RUGO AGAHINDURWA UMUKOZI BYABA ARI IKIBAZO. HARI IMIRYANGO IJYA IBIKORA, YITWAJE KO IRI GUFASHA UMWANA, AGAHINDURWA UMUKOZI UDAHEMBWA (HARI N’UBWO ABA ARI UWO MU MURYANGO KANDI ) UBWO IBY’ISHURI BIRAKAJYA. IKINDI GUKORESHA UMWANA NI ICYAHA GIHANIRWA N’AMATEGEKO.

    IMANA YAKIRE UWO MUZIRANENGE, YIHANGANISHE ABABYEYI, UWAKOZE ICYAHA ABIRYOZWE.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Umukozi ushinzwe ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali arafunzwe

2 Min Read
Ubutabera

Ubujurire bwa Kazungu Denis bwateshejwe agaciro

2 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?