BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Umusore wagerageje kwiyahura inshuro eshatu, yasanzwe yapfuye

Gicumbi: Umusore wagerageje kwiyahura inshuro eshatu, yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: October 26, 2022 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Akazwinimana Eric w’imyaka 27 birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, nyuma yo kubigerageza inshuro eshatu ntibikunde.

Akarere ka Gicumbi kari mu ibara ritukura cyane

Ibi  byabaye  ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 25 Ukwakira 2022, mu Murenge wa Mukarange, Akagari ka Rugerero mu Mudugudu wa Ruziku mu Karere ka Gicumbi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruagerero, RUKIRABARAME Eric yahamirije UMUSEKE ko koko amakuru y’uru rupfu bayamenye bayabwiwe na mushiki we.

Yagize ati “Mu masaha ya saa munani nibwo twamenye ko yiyahuye. Uwamubonye ni mushiki we ubwo yari avuye kwahira ubwatsi bw’inka.”

Asobanura uko byagenze Gitifu yagize ati “Kwiyahura ku wo musore, yari afite inzu yararagamo mu gikari, yahengereye abantu bose badahari, arangije ajyamo, arakinga, urugi ateramo imisumari myinshi cyane ku buryo utabasha kurusunika ngo rukinguke, ajyamo ariyahura.”

Uyu muyobozi avuga ko mushiki wari uvuye kwahira, yaje agasanga nta muntu uhari kandi yari azi neza ko nta hantu yagiye, abonye hakinze, ahamagara ababyeyi be, barebera mu idirishya basanga yamaze kwiyahura.

Inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’ibanze ndetse n’iz’urwego rw’ubugenzacyaha zahise zihagera kugira ngo zimenye amakuru kuri urwo rupfu.

Gitifu  Rukirabarame yavuze ko mu muryango nta kibazo kidasanzwe cyarimo yaba amakimbirane cyangwa intonganya ku buryo byatuma yiyambura ubuzima.

Gusa avuga ko atari ubwa mbere yari agerageje kwiyahura ariko agatabarwa atarashiramo umwuka.

Yagize ati “Twaganiriye n’umuryango batubwira ko yari abigerageje inshuro nk’eshatu. Yigeze kurya amabuye ya radio, arongera ashaka kwiyahuza imiti yica imbeba nabwo ntiyagira ikibazo.”

Uyu muyobozi yasabye urubyiruko gushaka icyo rukora rukiteza imbere aho gutekereza kwiyambura Ubuzima.

UMUSEKE wamenye amakuru ko yari yaracikirije amashuri ageze mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, atari uko  yabuze ubushobozi.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bya Byumba kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Venuste Niyotwagira says:
    October 26, 2022 at 6:29 pm

    Sha nukuri muriyi minsi ubuzima buragoye pe! Noneho biragera murubyiruko bigashinga umugani uwo nuwamenyekanye abagerageza kwiyahura nibenshi rwose reta nitabare yoroshye ubucuruzi buciriritse ikindi igabanye imisoro kubyinjira mugihugu turebe ko twagira ikizere cyo kubaho MURAKOZE MURAKARAMA!.

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 9:01 pm

    Mwiriwe neza? Njyewe mbona igitera urubyiruko kwiyahura ni strese ukuntu babyirinda rero, kwirinda ibiyobya bwenge aho biva bikagera ,kandi bagakora nikintu kimwe kibateza imbere bakirinda kujarajara yari ALBERT.

    Reply

Leave a Reply to Venuste Niyotwagira Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?