BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Umusore wagerageje kwiyahura inshuro eshatu, yasanzwe yapfuye

Gicumbi: Umusore wagerageje kwiyahura inshuro eshatu, yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: October 26, 2022 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Akazwinimana Eric w’imyaka 27 birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, nyuma yo kubigerageza inshuro eshatu ntibikunde.

Akarere ka Gicumbi kari mu ibara ritukura cyane

Ibi  byabaye  ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 25 Ukwakira 2022, mu Murenge wa Mukarange, Akagari ka Rugerero mu Mudugudu wa Ruziku mu Karere ka Gicumbi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruagerero, RUKIRABARAME Eric yahamirije UMUSEKE ko koko amakuru y’uru rupfu bayamenye bayabwiwe na mushiki we.

Yagize ati “Mu masaha ya saa munani nibwo twamenye ko yiyahuye. Uwamubonye ni mushiki we ubwo yari avuye kwahira ubwatsi bw’inka.”

Asobanura uko byagenze Gitifu yagize ati “Kwiyahura ku wo musore, yari afite inzu yararagamo mu gikari, yahengereye abantu bose badahari, arangije ajyamo, arakinga, urugi ateramo imisumari myinshi cyane ku buryo utabasha kurusunika ngo rukinguke, ajyamo ariyahura.”

Uyu muyobozi avuga ko mushiki wari uvuye kwahira, yaje agasanga nta muntu uhari kandi yari azi neza ko nta hantu yagiye, abonye hakinze, ahamagara ababyeyi be, barebera mu idirishya basanga yamaze kwiyahura.

Inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’ibanze ndetse n’iz’urwego rw’ubugenzacyaha zahise zihagera kugira ngo zimenye amakuru kuri urwo rupfu.

Gitifu  Rukirabarame yavuze ko mu muryango nta kibazo kidasanzwe cyarimo yaba amakimbirane cyangwa intonganya ku buryo byatuma yiyambura ubuzima.

Gusa avuga ko atari ubwa mbere yari agerageje kwiyahura ariko agatabarwa atarashiramo umwuka.

Yagize ati “Twaganiriye n’umuryango batubwira ko yari abigerageje inshuro nk’eshatu. Yigeze kurya amabuye ya radio, arongera ashaka kwiyahuza imiti yica imbeba nabwo ntiyagira ikibazo.”

Uyu muyobozi yasabye urubyiruko gushaka icyo rukora rukiteza imbere aho gutekereza kwiyambura Ubuzima.

UMUSEKE wamenye amakuru ko yari yaracikirije amashuri ageze mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, atari uko  yabuze ubushobozi.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bya Byumba kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Venuste Niyotwagira says:
    October 26, 2022 at 6:29 pm

    Sha nukuri muriyi minsi ubuzima buragoye pe! Noneho biragera murubyiruko bigashinga umugani uwo nuwamenyekanye abagerageza kwiyahura nibenshi rwose reta nitabare yoroshye ubucuruzi buciriritse ikindi igabanye imisoro kubyinjira mugihugu turebe ko twagira ikizere cyo kubaho MURAKOZE MURAKARAMA!.

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 9:01 pm

    Mwiriwe neza? Njyewe mbona igitera urubyiruko kwiyahura ni strese ukuntu babyirinda rero, kwirinda ibiyobya bwenge aho biva bikagera ,kandi bagakora nikintu kimwe kibateza imbere bakirinda kujarajara yari ALBERT.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?