BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 2, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Gicumbi: Polisi yafashe abantu batanu bahungabanyaga umutekano

Gicumbi: Polisi yafashe abantu batanu bahungabanyaga umutekano

sam
Last updated: August 2, 2025 12:37 pm
sam
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Murenge wa Cyumva mu Karere ka Gicumbi k bufatanye n’izindi nzego yafashe abagabo batanu bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano birimo ubujura, ubwambuzi n’urugomo bikorerwa mu gasanteri ka Gatuna.

Polisi ikorera muri aka Karere ka Gicumbi ivuga ko itabwa muri yombi ry’aba bantu rije nyuma y’uko bamwe mu baturage batanze amakuru ko hari abantu birirwa mu isanteri ya Gatuna iherereye mu kagari ka Rwankonjo aho kujya ku murimo, ahubwo bagahungabanya umutekano, bakabategera mu nzira bagamije kubambura ibyabo.

Polisi y’u Rwanda ihora yihanangiriza abishora mu bikorwa bihungabanya ituze n’umutekano by’abaturage ko batazigera bihanganirwa kuko bazajya bafatwa bakabibazwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi yagize ati “ Umuturarwanda agombwa umutekano usesuye ndetse hakarwanywa uwo ariwe wese n’icyo aricyo cyose gishobora kuwuhangabanya. Niyo mpamvu y’ibi bikorwa bihoraho bigamije gufata abahungabanya umutekano twese dukeneye.”

Yakomeje avuga ko umutekano w’umuntu ari ndakorwaho bityo ko ugerageza kuwuhungabanya, amategeko ahari kugira ngo abimubaze.

Yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibikorwa binyuranyije n’amategeko kandi aho babonye bitagenda neza, bakihutira gusangiza amakuru n’inzego z’ibishinzwe.

Ati “Ibyo dukora, tubikora ku bufatanye n’abaturage kandi bigamije kubaha umutekano uhagije. Tubashimira uruhare bagira mu gukumira no kurwanya abanyabyaha, babatangaho amakuru bityo uwishora mu bikorwa bibi yumve ko natabireka, ejo cyangwa ejo bundi nawe azafatwa, akabibazwa.”

kugeza ubu aba bantu bafashwe bafungiye kuri station ya Polisi ya Cyumba, aho bashyikirizwa Urwego rw’U bugenzacyaha kugira ngo bakurikiranwe.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ibinini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro byatangiye kugeragezwa

Nyuma y'uburyo bwari busanzweho bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, nko gukoresha agakingirizo…

Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru…

Gicumbi: Polisi yafashe abantu batanu bahungabanyaga umutekano

Polisi ikorera mu Murenge wa Cyumva mu Karere ka Gicumbi k bufatanye…

Inteko Ishinga mategeko y’u Rwanda wamaganiye kure amagambo ya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye imvugo za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko…

Protais Mitali wabaye muri guverinoma y’u Rwanda yitabye Imana

Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yitabye Imana aguye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Gasabo: Umugabo n’umugore batawe muri yombi bakekwaho gukora inzoga za Liquor‎

2 Min Read
Mu Rwanda

Abarimu ibihumbi 26 bari mu burezi ntibabwize_REB

2 Min Read
Mu Rwanda

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

3 Min Read
Mu Rwanda

RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?