BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Gicumbi: Hatangijwe irushawa ry’Umurenge Kagame Cup

Gicumbi: Hatangijwe irushawa ry’Umurenge Kagame Cup

admin
Last updated: January 11, 2023 9:38 am
admin
Share
SHARE

Irushawa ry’imikino itandukanye rizwi nka shampiona ya Kagame Cup ryatangiye mu gihugu, by’umwihariko ku rwego rw’akarere ka Gicumbi ritangirizwa mu murenge wa Mutete.

Mu mikino itangira Kagame Cup umurenge wa Mutete watsinze Kageyo mu bahungu n’abakobwa

Kuri uyu wa 10 Mutarama, 2023 nibwo imirenge itandukanye amakipe yayo y’umupira w’amaguru, abahungu n’abakobwa batangiye bahura n’amakipe yo mu murenge wa Kageyo.

Umukino utangiza iyi shampiona wabereye ku kibuga cy’umurenge wa Mutete, aho ikipe y’abahungu mu mukino urimo ishyaka n’imbaraga nyinshi, yanyanyije 2-2 na Kageyo.

Nyuma hiyambajwe penaliti Mutete itsinda 4-3.

Ikipe y’abakobwa ya Mutete yatsinze Kageyo ibitego 5-0. Ibitego bya Mutete byatsinzwe n’uwitwa Bantegeye Joyeuse ndetse na Kapiteni w’ iyi kipe witwa Kayiranga Shamusa wayitsemo 2.

Ni imikino ihuza abantu benshi kandi igatanga ibyishimo ku baturage bafana imirenge yabo, ubuyobozi na bwo buboneraho gutanga ubutumwa butandukanye bujyanye n’imiyoborere.

Kapiteni w’ikipe y’abahungu ya Kageyo, Niyonagize Shema avuga ko berekanye umukino uri hejuru, gusa ko mu mupira w’amaguru byose bishoboka.

Ati: “Twakinnye neza mu minota yose, twerekanye umupira kuko byagaragaraga ko turusha Mutete gusatira, bivuge ngo twakinnye, bo baratsinda”.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel atangiza iyi mikino

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel atangiza iyi mikino, yasabye imirenge gutegura neza shampiona ndetse no gukangurira abakinnyi kwitwara neza, bakagaragaza ubuhanga, ariko bufite ishyaka n’urukundo aho guhatana bagamije intsinzi mu buryo butanyuze mu mucyo.

Yanasabye ababyeyi kurushaho kugarura abana mu ishuri, ndetse no kwimakaza imiyoborere myiza bakesha ubuyobozi bw’igihugu.

Ati: “Turashaka ko mugira ishyaka ryo gushaka intsinzi kugeza ku mukino wa nyuma utangwaho igikombe, ariko murasabwa kubikorana urukundo.”

Yanasabye ababyeyi kurwanya imirire mibi mu bana.

Mu karere ka Gicumbi ku munsi wa mbere w’irushanwa, hatangijwe imikino 10, bivuga ko imirenge 20 kuri 21 igize Akarere amakipe yaho yahuye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?