BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Gicumbi: Hatangijwe irushawa ry’Umurenge Kagame Cup

Gicumbi: Hatangijwe irushawa ry’Umurenge Kagame Cup

admin
Last updated: January 11, 2023 9:38 am
admin
Share
SHARE

Irushawa ry’imikino itandukanye rizwi nka shampiona ya Kagame Cup ryatangiye mu gihugu, by’umwihariko ku rwego rw’akarere ka Gicumbi ritangirizwa mu murenge wa Mutete.

Mu mikino itangira Kagame Cup umurenge wa Mutete watsinze Kageyo mu bahungu n’abakobwa

Kuri uyu wa 10 Mutarama, 2023 nibwo imirenge itandukanye amakipe yayo y’umupira w’amaguru, abahungu n’abakobwa batangiye bahura n’amakipe yo mu murenge wa Kageyo.

Umukino utangiza iyi shampiona wabereye ku kibuga cy’umurenge wa Mutete, aho ikipe y’abahungu mu mukino urimo ishyaka n’imbaraga nyinshi, yanyanyije 2-2 na Kageyo.

Nyuma hiyambajwe penaliti Mutete itsinda 4-3.

Ikipe y’abakobwa ya Mutete yatsinze Kageyo ibitego 5-0. Ibitego bya Mutete byatsinzwe n’uwitwa Bantegeye Joyeuse ndetse na Kapiteni w’ iyi kipe witwa Kayiranga Shamusa wayitsemo 2.

Ni imikino ihuza abantu benshi kandi igatanga ibyishimo ku baturage bafana imirenge yabo, ubuyobozi na bwo buboneraho gutanga ubutumwa butandukanye bujyanye n’imiyoborere.

Kapiteni w’ikipe y’abahungu ya Kageyo, Niyonagize Shema avuga ko berekanye umukino uri hejuru, gusa ko mu mupira w’amaguru byose bishoboka.

Ati: “Twakinnye neza mu minota yose, twerekanye umupira kuko byagaragaraga ko turusha Mutete gusatira, bivuge ngo twakinnye, bo baratsinda”.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel atangiza iyi mikino

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel atangiza iyi mikino, yasabye imirenge gutegura neza shampiona ndetse no gukangurira abakinnyi kwitwara neza, bakagaragaza ubuhanga, ariko bufite ishyaka n’urukundo aho guhatana bagamije intsinzi mu buryo butanyuze mu mucyo.

Yanasabye ababyeyi kurushaho kugarura abana mu ishuri, ndetse no kwimakaza imiyoborere myiza bakesha ubuyobozi bw’igihugu.

Ati: “Turashaka ko mugira ishyaka ryo gushaka intsinzi kugeza ku mukino wa nyuma utangwaho igikombe, ariko murasabwa kubikorana urukundo.”

Yanasabye ababyeyi kurwanya imirire mibi mu bana.

Mu karere ka Gicumbi ku munsi wa mbere w’irushanwa, hatangijwe imikino 10, bivuga ko imirenge 20 kuri 21 igize Akarere amakipe yaho yahuye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?