BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Guverinoma yatanze ifumbire ku buntu, yifatanya n’abahinzi bagize igihombo

Gicumbi: Guverinoma yatanze ifumbire ku buntu, yifatanya n’abahinzi bagize igihombo

admin
Last updated: November 2, 2022 11:42 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage batuye mu murenge wa Muko bavuga ko bagize igihombo gikabije, nyuma y’imyaka ibiri bahinga ariko ntibabone umusaruro ushimishije.

Abahinzi bahawe ifumbire ni abahingiye hamwe imyaka imwe ibyo bita guhuza ubutaka

Ni abahinga by’umwihariko mu gishanga cya Cyamuhinda gifite Hegitari 53, basaba ifumbire kuko iyo bakoresheje mbere itabashije guhangana n’ikirere, aho kubona umusaruro bahuye n’igihombo.

Ku wa Kabiri tariki 01 Ugushyingo, 2022 umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille yaganiriye n’abahinzi bashyize ibigori mu murima, ariko bakaba barategereje umusaruro bagaheba, kuko imvura itaguye neza.

Mu rwego rwo gufasha aba bahinzi, Leta yabageneye ifumbire ya nkunganire ku kigero cya 100/100 bivuga ko ifumbire bagejejweho yatanzwe ku buntu mu rwego rwo kubagoboka ngo babashe kwikura mu gihombo.

Igishanga cya Cyamuhinda gifite Hegitari 53, ku ikubitiro umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, n’abaturage bateye ifumbire kuri Hegitari eshanu ariko bakaba bazakomerezaho, ifumbire ikagera no ku bundi buso busigaye.

Abashinzwe ubuhinzi mu murenge wa Muko bavuga ko mu myaka ibiri ishize nta musaruro wabonetse, bakaba bari barateye ifumbire ya Dap na Uree mu myaka yabo, aho bashyize ibiro 100 by’ifumbire kuri Hegitari.

Kuri ubu ngo barakoresha ifumbire ingana n’ibiro 200 kuri Hegitari barebe ko, imyaka yabo izera bakikura mu gihombo gikabije bahuye na cyo.

Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Nyirarugero Dancille yabanje gufatanya n’abaturage gushyira ifumbire ku bigori bahinze

Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Nyirarugero Dancille yasabye abaturage gukoresha neza ifumbire bahawe ku buntu, abashishikariza kwishakamo ubundi bushobozi ariko ntibakomeze gutega amaboko ku nzego z’ubuyobozi.

Yagize ati: “Twarabyumvise ko mwahuye n’igihombo, gusa kuko umuturage ari ku isonga hatekerejwe uburyo mwahabwa iyi fumbire ku buntu, ubusanzwe agaciro kayo mu mafaranga yari kubaka inzu nyinshi, ariko ubuyobozi bwabatekerejeho namwe murasabwa kuyikoresha neza, mukabona umusaruro mwifuza”.

Ifumbire ya Dap na Uree ubusanzwe zikoreshwa cyane mu buhinzi bw’ibigori, ibishyimbo na soya.

Ntezimana Onesphole ashima uburyo ubuyobozi bwabazirikanye, akanasaba bagenzi be gukoresha ifumbire bahawe icyo bayiherewe aho gutekereza kuyiba no kuyijyana ku isoko, kandi yatanzwe ngo ifashe abahuye n’igihombo.

Ati: “Turashima ko ubuyobozi bwatugobotse, ariko ntibyagutangaza uhuye n’umuntu yibye ifumbire, ari kuyigurisha ku isoko! Bareke tuyishyire mu murima ikoreshwe icyo yagenewe”.

Abaturage babanje guhabwa amasomo yimbitse mu bigendanye no gukoresha ifumbire igatanga umusaruro ushimishije, kurusha uko bamwe bumvaga ko gukoresha ifumbire nyinshi cyane ari byo bitanga umusaruro, kandi ahubwo na byo byagira ingaruka zitari nziza mu murima.

Abaturage bishimiye ifumbire bahawe

UMUSEKE.RW / Gicumbi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?