BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Muhoozi yongeye gukangaranya abakoresha Twitter

Muhoozi yongeye gukangaranya abakoresha Twitter

admin
Last updated: December 3, 2022 1:03 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’igihe atagira ibyo atangaza kuri Twitter, Gen Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’Umujyanama we mu by’umutekano, yavuze ko azi Gen Sultan Makenga ukuriye inyeshyamba za M23 nk’umurwanyi ukomeye, ndetse ngo yakabaye ahura na we.

Gen Muhoozi ni umwe mu bavuga ibintu atanyuze ku ruhande, bamwe bavuga ko atari imvugo ya politiki

Yagize ati “Iyo nza kuba nkiri Umuyobozi w’Ingabo, nagombaga guhita njya kureba Gen. Makenga. Ni umurwanyi ukomeye kandi nizera ko twari kumvikana.”

Gen Muhoozi wakunze kugaragaza ibitekerezo bidasanzwe avuga inyeshyamba za M23, yongeyeho ati “Niba twari twiteguye kuganira na Joseph Kony (uyu yarwanyaga Uganda, ayobora inyeshyamba zitwa Lord Resistance Army), kuki bitaba kuri M23?”

Uyu muyobozi mu nzego z’umutekano za Uganda yigeze kwandika ubutumwa avuga kuri Kenya igihugu cye gisaba imbabazi, ndetse na we asaba imbabazi ku mugaragaro, Perezida William Ruto.

Mu bundi butumwa yanditse kuri Twitter, yavuze uburyo hari umuzungu w’inshuti ye wamubajije imbaraga z’igisirikare cya Uganda n’icy’u Rwanda uko zingana.

Ati “Naramusubije nti ‘zaba abasirikare bawe, ubundi ukurikire urebe uko birukanka baduhunga.”

Gen Muhoozi aherutse gusaba inyeshyamba za M23 gusubira inyuma mu birindiro byazo, zikumvira inama ya Perezida Paul Kagame na Uhuru Kenyatta, umuhuza mu bibazo bya Congo.

Gusa, M23 binyuze mu muvugizi wa gisirikare Major Ngoma, avuga ko gusubira inyuma bidashoboka kuko ngo ubwo bafataga umugi wa Goma muri 2012, nyuma bagasabwa kuwuvamo muri 2013 ngo ntabwo byatanze igisubizo.

Agasaba ko ibibazo bikemuka mu nzira y’ibiganiro na Leta ya Congo, ariko Leta ya Congo ivuga ko nta biganiro byabaho M23 idasubiye inyuma, kuko “ifata uyu mutwe nk’uwiterabwoba”.

Museveni yatakambye asaba imbabazi kubera amakosa y’umuhungu we

Gen Sultan Makenga ukuriye inyeshyamba za M23

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?