BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gen Muhoozi yavuze ko atakwigereranya na Gen Kabarebe

Gen Muhoozi yavuze ko atakwigereranya na Gen Kabarebe

admin
Last updated: December 13, 2022 10:30 am
admin
Share
SHARE

Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni  akaba ari n’umujyana we wihariye,Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yavuze imyato umujyanama mu by’umutekano wa Perezida Kagame,Gen James Kabarebe, avuga uburyo ari umusirikare w’icyitegererezo kuri we.

Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Gen Muhoozi, yavuze ko James Kabarere ari umusirikare mwiza  ndetse ko akomeye kumurusha.

Yagize ati “Hari umujenerali ukomeye cyane kundusha mu buzima .Izina rye ni Jenerali  James Kabarebe.Ni umusirikare mwiza kundusha.Ariko ubu turi inshuti.Ntitujya tuganira ibyo guhangana.Abategetsi bacu  baharanira amahoro”

Jenerali James Kabarebe ni umwe mu bahoze mu ngabo za Uganda ndetse afasha iki gihugu kukibohora.

Uyu mujyanama mu by’umutekano wa Perezida Kagame , yigeze gutangariza Taarifa ko nubwo yagize uruhare mu kubohora Uganda, yari afite intego yo kuza mu Rwanda.

Yagize ati: “N’ubwo nagize uruhare mu ngabo za NRA tubohora Uganda, ariko sinigeze numva ko ari Uganda mfitemo imizi. Ntabwo umuhamagaro wanjye wari NRA. Icyakora nagombaga kuyijyamo kugira ngo nitegure uko nzagaruka iwacu mu Rwanda. Ikifuzo cyo kuhagaruka cyakomezaga kumpata.”

Avuga ko mu mutima we buri gihe yumvaga ko yahamagariwe kuzakorera u Rwanda ari ingabo yarwo aho kuba ingabo y’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.

Icyakora kubera ko kugira ngo bigerweho byasabaga kugira aho ahera, byabaye ngombwa ko aba mu ngabo za NRA kugira ngo zimutoze ariko nanone yunguke ubunararibonye bwo kuzaharanira kubohora no kuba mu gihugu cye

Uganda ifitanye amateka akomeye n’u Rwanda cyane ko Abanyarwanda babaye impunzi muri icyo gihugu, baza kurwana mu ntambara zahiritse ubutegetsi bwa Idi Amin na Milton Obote.

Umujyanama mu by’umutekano wa Perezida Kagame yavuzwe imyato na,umuhungu wa Museveni  Gen Kainerugaba

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?