BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Muhoozi yasoje uruzinduko rwe i Kigali – AMAFOTO

Gen Muhoozi yasoje uruzinduko rwe i Kigali – AMAFOTO

admin
Last updated: October 18, 2022 5:41 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’ibihe byiza mu Rwanda, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba yasubiye imuhira, akaba yavuze ko uruzinduko rwe rwagenze neza.

Gen Muhoozi ari kumwe na Uncle, Perezida Paul Kagame

Ibiro by’Umukuru w’igihugu mu Rwanda, Village Urugwiro byashyize hanze amafoto y’uko Gen Muhoozi yakiriwe na Perezida Paul Kagame.

Nta magambo menshi aherekeje ayo mafoto. Ubutumwa bugufi bugira buti “Kare uyu munsi, kuri Urugwiro Village, Perezida Kagame yahuye na Gen Muhoozi Kainerugaba n’abo bari kumwe, ubwo yasozaga uruzinduko rwe bwite.”

Gen Muhoozi na we kuri Twitter yanditse ati “Nishimiye gusubira mu rugo nyuma y’urundi ruzinduko rwagenze neza nagiriye mu gihugu cyiza cy’u Rwanda.”

Yavuze ko yagiranye ibiganiro byimbitse na “great uncle H.E Paul Kagame”.

Gen Muhoozi yavuze ko yagiranye ibiganiro byimbitse na “great uncle H.E Paul Kagame”.

Ati “Umubano wa Uganda n’u Rwanda urakomeye cyane. Imana ihe umugisha ibihugu byombi.”

Gen Muhoozi Kainerugaba, mbere yo kuza mu Rwanda yari yatangaje ko azanwe n’ibiruhuko no kwigira kuri Perezida Kagame ibijyanye no kurora Inyambo.

Mu ruzinduko rwe Muhoozi yitabiriye siporo rusange ari kumwe na Perezida Paul Kagame na Mme Jeannette Kagame, n’abandi bayobozi.

Ku wa Mbere yajyanye na Perezida Kagame mu rwuri rwe, ndetse Perezida Kagame agabira abo bari kumwe inka.

Perezida Kagame yagabiye inka Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda

ANDI MAFOTO

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Mirriam Sekele Kukkula says:
    October 18, 2022 at 6:19 pm

    Niba ibyo HK Today yatangaje ku rugendo rwa Muhoozi, abanyarwanda bakunda amahoro bakwiye kwitandukanya narwo ndetse n’ibyaruvugiwemo. HK Today (17/10/2022) iremeza ko Muhoozi arimo kunoza umugambi wo gufata Kongo bikozwe n’ingabo z’ibihugu byombi: Uganda n’Urwanda. Ndetse bivugwa ko Museveni yabihaye umugisha abishinga umuhungu we! Birabe ibyuya!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?