BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gen Muhoozi yagaragaje ko ibiruhuko bye azabikorera mu Rwanda

Gen Muhoozi yagaragaje ko ibiruhuko bye azabikorera mu Rwanda

admin
Last updated: October 14, 2022 11:24 am
admin
Share
SHARE

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kwambara ipeti rya General Full yavuze ko ibyo avuga noneho bizaba impamo, akaba yateguje Abanyarwanda ko azakorera ibiruhuko bye mu Rwanda.

Gen Muhoozi Kainerugaba n’umufasha we Charlotte Kainerugaba

Yagize ati “Ntabwo nzongera kubatenguha, ariko ibyo niyemeje ku Rwanda ntibihinduka! Icyago cy’u Rwanda ni n’icyago kuri Uganda.”

Gen Muhoozi avuga ko akumbuye “Uncle” ashaka kuvuga Perezida Paul Kagame.

Ati “Ibiruhuko nzabikorera mu rwuri rwe. Nzaragira Inyambo, mwigireho korora.”

Mu butumwa yaraye ashyize kuri Twitter, Muhoozi yagaragaje ko anasabye imbabazi Perezida wa Kenya William Ruto.

Hari hashize iminsi amagambo ye kuri Twittwe, y’uko ingabo za Uganda bitazisaba ibyumweru bibiri ngo zibe zifashe Nairobi, avugishije benshi cyane Abanya-Kenya babifashe nk’agasuzuguro·

Aya magambo ya Muhoozi yatumye Uganda isaba imbabazi mu ibaruwa, na Perezida Museveni ubwe asaba imbabazi Kenya.

Ndetse byatumye Muhoozi akurwa ku mwanya w’umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda.

Kuri Twitter yagize ati “Nta kibazo nigez engirana na Afande Ruto. Niba narakosheje aho ariho hose, ndamusaba kumbabarira nk’umuhungu we.”

Gen Muhoozi bamwe babona ko ashobora kuba ari we uzasimbura Perezida Yoweri Museveni, yavuze ko uruzinduko rwe ruzakurikiraho azarukorera muri Tanzania, aho yita ku ivuko.

Mbere y’uko akurwa ku mwanya yariho mu buyobozi bw’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi yari yavuze ko “vuba azasura u Rwanda”, ariko urwo ruzinduko rwe ntirwabaye.

Gen Muhoozi arategura uruzinduko mu Rwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • muvandimwe says:
    October 14, 2022 at 12:58 pm

    politike ntisanzwe impamvu yatutsekenya bwari uburyo bwo kugirango ahindurwe genelar

    Reply
  • muvandimwe says:
    October 14, 2022 at 12:58 pm

    politike ntisanzwe impamvu yatutsekenya bwari uburyo bwo kugirango ahindurwe genelar

    Reply
  • Pingback: Umuhungu wa Perezida Museveni yaje mu biruhuko mu Rwanda – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?