BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gaza: Loni yongeye gutanga umuburo ku nzara iri guca ibintu

Gaza: Loni yongeye gutanga umuburo ku nzara iri guca ibintu

sam
Last updated: August 6, 2025 9:23 am
sam
Share
SHARE

Umuryango w’Abibumbye wongeye kugaragaza ko abatuye mu gace ka Gaza bugarijwe n’inzara ikomeye, iri gutuma benshi babura ubuzima mu gihe cyo kujya gushaka ibyo kurya biturutse mu muvundo no kubirwanira.

Umwe mu bakozi b’uwo muryango ushinzwe gukwirakwiza ubufasha, Olga Cherevko, yavuze ko ibiri kubera muri Gaza biteye ubwoba kurenza uko abantu babitekereza cyane cyane ku kibazo cy’inzara ivuza ubuhuha muri ako gace.

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RT, ubwo yavugaga ko na Loni ubwayo biyigora kugeza ubutabazi bw’ibanze muri Gaza kubera amategeko menshi Israel yashyize ku mipaka yo gufunga no kunaniza ubufasha bugiye muri Gaza.

Yagize ati “Imodoka zijyanye ubutabazi bizifata amasaha 18 kuva mu gace ka Deir al-Balah zijya muri Kerem Shalom, ahantu harimo urugendo rw’ibirometero 24 gusa. Dusabwa kunyura mu mihanda mibi, yuzuyemo abantu ndetse yangiritse ku buryo bitugora kugera aho tugiye.”

Akomeza avuga ko mu masezerano y’agahenge aheruka, yari akubiyemo ko Loni idakumirwa ndetse ko icyo gihe kujyana ubufasha byari byoroshye gusa ubu byongeye kuba bibi.

Yavuze kandi ko nibikomeza gutyo, ubuzima bw’abantu barenga miliyoni ebyiri batuye muri Gaza buri mu kangaratete kuko abarenga 1,300 bamaze gupfa bari kugerageza kubona ibiryo.

Yagize ati “Ubuzima bw’abarenga miliyoni ebyiri buri mu kaga kubera ubugome ndengakamere bukomeje kugenda bwiyongera muri ako gace.”

Imibare ya Loni igaragaza ko guhera muri Mata 2025, abana barenga ibihumbi 20 basanganywe ibibazo by’imirire mibi, ndetse 16 bamaze kwicwa n’inzara.

Intambara yo muri Israel na Palestine yatangiye mu 2023 ubwo umutwe wa Hamas wigaruriye agace ka Gaza wateraga muri Israel ukica abarenga 1000 ndetse ugafata bugwate abarenga 200.

Israel yahise itera muri ako gace aho kugeza ubu imaze kwica abarenga ibihumbi 60.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

APR FC yongeye gutombora Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry'ibanze…

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba…

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na…

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Mu mahanga

Ubwato bwarimo abimukira barenga 150 bwarohamye benshi barapfa abandi baburirwa irengero

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

1 Min Read
Mu mahanga

Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?