BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gasabo: Umupangayi arakekwa kwicisha ‘tournevis’ nyiri nzu

Gasabo: Umupangayi arakekwa kwicisha ‘tournevis’ nyiri nzu

admin
Last updated: August 29, 2022 3:59 pm
admin
Share
SHARE
Ndagijimana Felecien uri mu kigero cy’imyaka 30  arakekwa kwica Karangwa Moise uri mu kigero cy’imyaka 60, Uyu ukekwa yari asanzwe acumbitse (akodesha) kwa nyakwigendera nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.
Ibi byabaye ahagana saa tanu z’ijoro zo kuri iki cyumweru tariki ya 28 Kanama 2022, bibera mu Murenge wa Kinyinya, Akagari ka Gasharu, Umudugudu wa Gatare mu Karere ka Gasabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasharu, Mukantwari M.Sandrine ,yabwiye UMUSEKE ko umugabo ukekwa yari asanzwe afitanye Ibibazo na nyakwigendera ahanini bitewe n’uko atishyuraga icumbi.

Asobanurira umunyamakuru yagize ati“Amakimbirane yari ahari ni uko amaze igihe mu nzu atari kwishyura,yari yarasabwe kuva mu nzu,ntabikore. Akajya kunywa, akaza avuga nabi atongana ku manywa, arongera aragenda.

Atashye nimugoroba, ataha nabwo ari kuvuga yitotomba, kubera ko yari afite amarembo abakodesha abapangayi binjiriramo, nyiri nzu agira ngo wenda abandi (abakodesha) bamukingiranye, abyuka agiye kumukingurira, akimara gusohoka ahita amutera icyuma (tourne-vis) mu mutwe.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage kujya bakemura ibibazo hatajemo amakimbirane.

Yagize ati” Abaturage ni uko bakwirinda amakimbirane, niba umuntu adafite ubushobozi bwo kuba yakwishyura inzu ntabwo agomba kuyigwatira cyangwa se kwanga kuyivamo, ikiza ni uko yakumvikana na nyiri nzu. Abaturage ni ukujya baganira, bakagerageza kugaragaza bibazo bafite aho kubyiherana, n’ubwiwe akagerageza kubyumva kugira ngo impande zose zibashe koroherana.”

Ukekwa yahise atabwa muri yombi akaba afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), sitasiyo ya Kinyinya.

Ni mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise utwarwa ku Bitaro bya Nyarugenge mu gihe utegerejwe ko gushyingurwa.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Lg says:
    August 29, 2022 at 7:08 pm

    Kutica imbwa byororora imisega ejo nibwo nasabaga ko hakwiye kubarurwa abantu bishwe muli uyu mwaka ngo babone ubukana burimo nkuwo yagombye kubanza mucyobo yo gapfa nabi

    Reply
  • Lg says:
    August 29, 2022 at 7:08 pm

    Kutica imbwa byororora imisega ejo nibwo nasabaga ko hakwiye kubarurwa abantu bishwe muli uyu mwaka ngo babone ubukana burimo nkuwo yagombye kubanza mucyobo yo gapfa nabi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?