BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Gasabo: Umugabo yishwe n’abantu bamusanze aho yakoraga uburinzi

Gasabo: Umugabo yishwe n’abantu bamusanze aho yakoraga uburinzi

admin
Last updated: January 19, 2023 2:51 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 22 warindaga urugo rw’umuturage yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bikekwa ko ari abajura bitwaje intwaro gakondo.

Ibiro by’Akarere ka Gasabo

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 17  Mutarama 2022, bibera mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Rusororo, Akagari ka Nyagahinga,  mu Mudugudu wa Kanyinya.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyagahinga, HITAYEZU Emmanuel yabwiye UMUSEKE ko abo bagizi ba nabi bari bagambiriye kwiba.

Yagize ati “Ni ubujura busanzwe ni uko haje kubaho imbaraga z’umurengera.”

Uyu muyobozi yavuze  ko aho yarindaga batabaje ubuyobozi, basanga yamaze gushiramo umwuka. Inzego zishinzwe iperereza ziracyashaka uwaba uri inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi.

Gitifu yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kandi bakagira uruhare mu kwicungira umutekano.

Yagize ati “Ni ukuba amaso no gutanga amakuru y’abantu bakekwaho ubujura kugira ngo bakorweho iperereza nyuma bashyikirizwe inzego zibishinzwe.”

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzuma.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Desire bahati kambale says:
    January 20, 2023 at 1:29 am

    Waw uyu agiye ntacyo arabona. Iyo mpyaka ni micye uwatinze kujya ku ishuri na secondaire ntarayirangiza uko amaso ampa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?