BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Aug 11, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gasabo: Ukekwaho kwica sebuja “yarashwe agerageza gutoroka”

Gasabo: Ukekwaho kwica sebuja “yarashwe agerageza gutoroka”

admin
Last updated: September 5, 2022 9:30 am
admin
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kinyinya, Umugabo ukekwaho kwicira sebuja mu nzu yarashwe n’inzego z’umutekano “agerageza gutoroka”.

Imbunda

UMUSEKE wari wabagejejeho inkuru ya Sekanabo Valence w’imyaka 32 wari umucuruzi, mu Mudugudu wa Binunga, tariki 17 Kanama, 2022 yasanzwe yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi.

Haketse umukozi wamukoreraga nk’uko icyo gihe ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Nyuma inzego zitandukanye zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha zaje guta muri yombi, Ndungutse Wellars, uri mu kigero cy’imyaka 30 akekwaho gukora kiriya cyaha.

Ku wa Gatandatu tariki ya 3 Nzeri 2022, mu Murenge wa Kinyinya, Akagari ka Murama, mu Mudugudu wa Binunga, nibwo uyu muturage yaje kwerekana uburyo yishemo Sekanabo n’aho bikekwa ko yakoreye icyaha, arasawa n’inzego z’umutekano “agereageza gutoroka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murama, Uwamahoro Liliane, yemeje  ko uyu wakekwaga gukora ubugizi bwa nabi, yagerageje gutoroka araswa n’inzego z’umutekano.

Yagize ati “Mu rukerera nibwo yazanywe n’inzego z’umutekano (avuga mu rukerera rwo ku wa Gatandatu) aje kuzereka ibikoresho, icyuma yamwicicishije. Uwo Ndungutse yazanye n’Abapolisi ageze hariya ashaka kwiruka, ashaka gutoroka, na bo bahita bamurasa.”

Uyu muyobozi yemeza ko uwarashwe atari asanzwe ari umuturage w’Akagari ka Murama kuko yaje gukorera uwo mugabo avuye muri Kibagabaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Charles, yabwiye UMUSEKE ko mbere yo gukoresha umukozi, umuntu asabwa kumenya amateka ye.

Yagize ati “Ubutumwa ni uko abantu bagomba kumenya abantu baturanye na bo, imyirondoro, bakamenya aho umuntu yari aturutse kuko ni umuntu wari umaze icyumweru cyimwe aho hantu.”

Ivomo: BTN TV

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Aloys muhire says:
    September 5, 2022 at 10:17 am

    Kujya kwerekana uko yakoze icyaha mu rukerera,ntibisanzwe,RIB yari imufunze orange ibisobanuro!

    Reply
  • N.ATHANASE says:
    September 5, 2022 at 4:11 pm

    HOYA NIBYIZAKO UWISHUMUNT NAE BAGE BAMWISHYURA NTAKIBAZO NABIGIRAHO GUSAMUGE MUNDASIRA NIBIYOBUZ BIRYA RUSW.CYANGWAS MUZABINKOP MBIRASE KUMAGUR! DOREBITUMA IGIHUGU KIDATER IMBER.

    Reply

Leave a Reply to N.ATHANASE Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera baguye mu bitero by’indege z’igisirikare cya Israel 

Igitangazamakuru cya Al Jazeera cyatangaje ko abanyamakuru bacyo batanu bahitanwe n'ibitero by'indege…

Mali: Abasirikare benshi barimo Général bafungiwe umugambi wo guhirika ubutegetsi 

Igisirikare cya Mali cyataye muri yombi abasirikare bagera kuri 20 barimo Général,…

Ituri : Abasaga 10 000 bifuza gusubira mu byabo bagakumirwa n’ibyihebe bya ADF

Impuzi zisaga ibhumbi 10 (10 000) zataye ingo zabo mu burasirazuba bwa…

Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

Abagabo babiri bakekwagaho kwica abazamu barindaga idepo y'inzoga mu Karere ka Rwamagana,…

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?