BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Gakenke: Uwibye ingurube yayikorejwe ku manywa y’ihangu

Gakenke: Uwibye ingurube yayikorejwe ku manywa y’ihangu

admin
Last updated: November 8, 2022 10:04 am
admin
Share
SHARE

Uwiragiye Emmanuel  w’imyaka 27 wo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke arakekekwaho   kwiba no kwica ingurube akayijyana  kuyigurisha. Abaturage bayimwikoreje bamushyikiriza ubuyobozi.

Uyu ukekwa yayikorejwe ajyanwa ku Murenge mbere yo kujyanwa kuri RIB

Uyu mugabo usanzwe uvugwaho ubugizi wa nabi bwo kwiba amatungo yafashwe mu ijoro ryo kuwa 7 Ugushyingo 2022,  yibye ingurube mu Murenge wa Kamubuga  bucyeye afatirwa mu Murenge Nemba .

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuguruga,Kabera Jean Paul, yabwiye UMUSEKE ko uyu muturage yafashwe n’abaturage bari bamucyetse.

Yagize ati”Mu ijoro ry’ejo nibwo umuturage yibye ingurube mu Murenge wa Kamubuga ariko yari asanzwe atuye  mu Murenge wa Kivuguruga.Bamufatira mu Murenge wa Nemba, ayijyana agiye kuyigurisha, ntabwo tuzi aho yari agiye kuyigurisha ariko yari ayitwaye yamaze no kuyica.”  

Yakomeje agira ati”Yari yayishyize mu mufuka,ayitwaye kuri moto abonye abantu bamucyeka arayijugunya hasi we ava kuri moto, yo irakomeza iragenda.”

Uyu muyobozi avuga impamvu abaturage bayimwikoreje yagize ati”Uburyo bwo kuyimwikoreza nta yindi mpamvu  kuko bashatse kumujyana Kamubuga nubwo ariho yari yibye yayibye bumva bamuzana hano muri kivuruga kuko twari dusanzwe tumufiteho amakuru y’ubujura.”

Icyakora  ngo nta muturage wamusagariye ngo amuhohotere, ndetse hari kurebwa ubundi buryo ajyanwa ku nzego z’ubuyobozi atikorejwe iyo ingurube.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Kivuruga,yavuze ko uyu wakekwaho ubu bujura yajyanywe gukurikiranywa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha sitation ya Gakenke.

Yasabye abaturage kwirinda ibikorwa by’ubujura kandi bakicungira umutekano

Yagize ati”Ubutumwa ku baturage ni ukubabwira ko nta byacitse bihari,twizeye inzego z’ubutabera bwo muri iki gihugu ko bari bukomeze bakamukurikirana, ubundi tugakomeza kwicungira umutekano niba hari n’undi w’umujura tubashe kumufata dufatanye n’inzego z’irondo.”

Amakuru avuga ko muri uwo Murenge hari irindi tsinda ry’abajura bakoranaga ariko ko nabo bagitangwaho amakuru  nabo bazadatwa.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Patrick ,buyoga rulindo says:
    November 8, 2022 at 1:04 pm

    Murabe mwumva akanyu kashobotse pe

    Reply
  • Nikwib says:
    November 20, 2022 at 8:57 pm

    nabandi mwumvireho

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?