BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Uruhinja rw’ukwezi rwatowe mu murima w’ibishyimbo

Gakenke: Uruhinja rw’ukwezi rwatowe mu murima w’ibishyimbo

admin
Last updated: November 11, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Umubyeyi witwa Ntakobatagira Epiphanie wo mu karere ka Gakenke, mu Murenge wa Gakenke yasanze umwana w’umuhungu ufite hagati y’ukwezi kumwe n’abiri, yajugunywe mu bishyimbo n’umuntu utaramenyekana.

Umwana yatowe ari muzima


Uru ruhinja rwatoraguwe kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Kageyo, Akagari ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke, ahagana saa sita z’amanywa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke, Cyubahiro Felicien yahamirije UMUSEKE ko uru ruhinja rw’umwana w’umuhungu rwatoraguwe n’uyu mubyeyi ndetse bakomeje gushakisha nyina wamutaye.

Ati “Nibyo ejo batoraguye uruhinja ahagana saa sita, twihutira ku mujyana kwa muganga kugira ngo bite ku buzima bw’uwo mwana, kugeza ubu turi gushaka kumenya uwaba yaramusize aho bamusanze.”

Uyu mwana w’umuhungu ubwo yabonwaga n’uyu mubyeyi, bahise bamwihutana ku bitaro bya Nemba kugirango batabare ubuzima bwe.

Umubyeyi wamubonye yasanze bamuryamishije hafi y’inzira hagati y’urubingo n’ibishyimbo by’uwitwa Bihoyiki Florida.

Cyubahiro Felicien, uyobora uyu Murenge wa Gakenke yongeye kwibutsa ababyeyi kwirinda gushyira mu kaga ubuzima bw’abaziranenge baba babyaye, kuko nta mpamvu nimwe yatuma umwana avutswa uburenganzira bwe.

Yagize ati “Abantu bakwiye kumenya ko umuntu uvutsa uburenganzira umuntu wavutse ari icyaha gihanwa n’amategeko, ntawakagombye kuvutsa uburenganzira umwana kabone nubwo yaba yavutse mu buryo utishimiye, watewe inda ntibayemere amategeko arahari ndetse hari n’uburyo bwo gupima amasano, udafite ubushobozi nabwo wavuga bakagushakira ubushobozi ariko nta mpamvu yo kuvutsa ubuzima umwana.”

Kugeza ubu ubuzima bw’uyu mwana bukaba bumeze neza, gusa iyo uyu mwana ataza kubonerwa igihe byashoboraga guteza ibyago birimo no kuba yahatakariza ubuzima.

Inzego z’umutekano ku bufatanye n’inzego z’ibanze bakaba bakomeje gushakisha umubyeyi waba yarajugunge ku gasozi uru ruhinja.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • NI CONSOLLE says:
    November 11, 2022 at 1:53 pm

    PE UWO MUNTU WÀTÀYE UMWÀNÀ NUMWICÀNYI PE! GUSÀ MUFÀSHE AKO KÀNÀ, ARIKO NABÀNTU BABAGABO MUBIGEHO BIKOMEYE KUKO BÀDUTERA INDÀ BAKABIHAKANA PE KANDI YARANAKUBESHYE KO ARI UMUGABO WUBATSE. NABO BAKWIYE GUHANWA,KUKO NABO BAFITE URUHARE MWITABWA RYABANA.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?