BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Umunyeshuri yapfuye bitunguranye akigera ku ishuri

Gakenke: Umunyeshuri yapfuye bitunguranye akigera ku ishuri

admin
Last updated: October 6, 2022 8:09 pm
admin
Share
SHARE

Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 yapfuye urupfu rutunguranye akigera ku ishuri ryisumbuye rya Nyarutovu, mu Karere ka Gakenke aho yari yoherejwe nyuma yo gutsinda ibizamini bya leta bisoza icyiciro rusange.

Gakenke ni mu ibara ritukura

Urupfu rwa Kanziga Oda rwamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki 6 Ukwakira 2022, ubwo ahagana saa tatu z’igitondo yituraga hasi mu ishuri asa n’ufashwe n’isereri, aho yari yatangiye amasomo ye hamwe na bagenzi be ariko akajyanwa kwa muganga, azagupfa akigezwa mu isuzumiro.

Ibi byabereye ku kigo cya ES Nyarutovu giherereye mu Kagari ka Gisozi, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, aho uriya mwana yageze ku mugoroba wo ku wa gatatu tariki ya 5 Ukwakira, ahagana saa moya agiye kuhakomereza amasomo ye mu mwaka wa kane ishami ry’Imibare, Ubugenge n’Ubumenyi bw’Isi (MPG).

Umwe mu ba hafi mu muryango wa Kanziga Oda yabwiye UMUSEKE iby’urupfu rwe, avuga ko na bo batunguwe n’iyi nkuru kuko nta ndwara idasanzwe bari bamuziho.

Yagize ati “Nibyo iyo nkuru niyo, yari yatsindiye kujya kwiga mu Gakenke MPG. Nk’uko mwabyumvise natwe byadutunguye nk’umwana wari ufite imyaka 15. Umurambo we watugezeho twamaze kuwubona, dutegereje ibizava mu bizamini bya muganga.”

Kanziga Oda ubwo yituraga hasi mu ishuri yahise yihutanwa ku Kigo Nderabuzima cya Nemba ari naho yaguye mu isuzumiro, akimara gushiramo umwuka umurambo wahise ujyanwa ku bitaro bya Nemba kugirango hafatwe ibizamini harebwe icyaba kihishe inyuma y’urupfu rwe.

Uyu mwana w’umukobwa akaba yavukaga mu Mudugudu wa Zindiro, Akagari ka Zindiro, Umurenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo.

Ubwo iyi nkuru yakorwaga umurambo wari wamaze kugezwa ku muryango we.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • citoyen says:
    October 8, 2022 at 7:13 am

    Mbega inkuru mbi ku babyeyi, mukomere pe.

    Reply
  • AKUMIRO says:
    October 11, 2022 at 8:26 pm

    Birababaje Imana Imwakire?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?