BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Gakenke: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma

Gakenke: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma

admin
Last updated: November 20, 2022 12:33 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 38 witwa Jean Pierre wo mu Karere ka Gakenke,arakekwaho kwica umugore we witwa Yambyariye Thacienne amuteye icyuma,bivugwa ko  amuca inyuma.Ubuyobozi bwabwiye umuseke ko bari basanzwe  bafitanye amakimbirane.

Inyubako y’Akarere ka Gakennke ubu bugizi bwa nabi bwabereyemo

Ibi byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2022, bibera mu Murenge wa Gashenye,Akagari ka Nyacyina,Umudugudu wa Nyamure.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, NIZEYIMANA Jean Marie Vianney,yahamirije  UMUSEKE ko ibi byabaye koko ndetse ko n’inzego zishinzwe umutekano n’iz’Ubugenzacyaha zahageze ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “Nibyo amakuru twayamenye.Umugabo witwa jean Pierre yagiranye amakimbirane n’umugore we,amutera icyuma.Ikintu twamenye n’uko babanaga mu buryo bunyuranye n’amategeko.Batubwiye ko bari bamaze igihe gito babanye.”

Meya Nizeyimana yavuze ko bari babanye mu buryo bunyuranye n’amateko ndetse ko  bivugwa ko umwe yacaga inyuma yundi.

Yagize ati “Ni amakimbirane yo kutumvikana uburyo bw’imibanire, umwe agenda ukwe n’undi ukwe, bamwe bakavuga ko harimo no gucana inyuma ariko mu by’ukuri nta gihe bari babanye.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage yo kutihanira kandi bakegera ubuyobozi bukabafasha gukemura ibibazo bafite.

Yagize ati “Nta muturage uba ukwiye kwihanira.Mu gihe hari amakimbirane bagakwiye kuba bareba ubuyobozi,bukabasha gutanga  umurongo ku bitumvikanwaho aho kugira ngo umwe avutse undi ubuzima.”

Ukekwa gukora iki cyaha yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranywe .Ni mu gihe umurambo wa nyakwigendera wabanje kujyanwa ku bitaro bya NEMBA kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Vincent says:
    November 20, 2022 at 5:01 pm

    Ese ujyawibaza impamvu hariho imibabaro myinshi reba 1yohana 5:19 wifuza kumenya icyo imana izakora ? reba zaburi 37:9~11 urabona igisubizo.

    Reply
  • Lg says:
    November 21, 2022 at 5:10 pm

    Ko baticwa se babuzwe niki!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?