BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Gakenke: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma

Gakenke: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma

admin
Last updated: November 20, 2022 12:33 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 38 witwa Jean Pierre wo mu Karere ka Gakenke,arakekwaho kwica umugore we witwa Yambyariye Thacienne amuteye icyuma,bivugwa ko  amuca inyuma.Ubuyobozi bwabwiye umuseke ko bari basanzwe  bafitanye amakimbirane.

Inyubako y’Akarere ka Gakennke ubu bugizi bwa nabi bwabereyemo

Ibi byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2022, bibera mu Murenge wa Gashenye,Akagari ka Nyacyina,Umudugudu wa Nyamure.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, NIZEYIMANA Jean Marie Vianney,yahamirije  UMUSEKE ko ibi byabaye koko ndetse ko n’inzego zishinzwe umutekano n’iz’Ubugenzacyaha zahageze ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “Nibyo amakuru twayamenye.Umugabo witwa jean Pierre yagiranye amakimbirane n’umugore we,amutera icyuma.Ikintu twamenye n’uko babanaga mu buryo bunyuranye n’amategeko.Batubwiye ko bari bamaze igihe gito babanye.”

Meya Nizeyimana yavuze ko bari babanye mu buryo bunyuranye n’amateko ndetse ko  bivugwa ko umwe yacaga inyuma yundi.

Yagize ati “Ni amakimbirane yo kutumvikana uburyo bw’imibanire, umwe agenda ukwe n’undi ukwe, bamwe bakavuga ko harimo no gucana inyuma ariko mu by’ukuri nta gihe bari babanye.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage yo kutihanira kandi bakegera ubuyobozi bukabafasha gukemura ibibazo bafite.

Yagize ati “Nta muturage uba ukwiye kwihanira.Mu gihe hari amakimbirane bagakwiye kuba bareba ubuyobozi,bukabasha gutanga  umurongo ku bitumvikanwaho aho kugira ngo umwe avutse undi ubuzima.”

Ukekwa gukora iki cyaha yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha kugira ngo akurikiranywe .Ni mu gihe umurambo wa nyakwigendera wabanje kujyanwa ku bitaro bya NEMBA kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Vincent says:
    November 20, 2022 at 5:01 pm

    Ese ujyawibaza impamvu hariho imibabaro myinshi reba 1yohana 5:19 wifuza kumenya icyo imana izakora ? reba zaburi 37:9~11 urabona igisubizo.

    Reply
  • Lg says:
    November 21, 2022 at 5:10 pm

    Ko baticwa se babuzwe niki!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?