BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Abaturage basanze imbwa zariye amatungo yabo

Gakenke: Abaturage basanze imbwa zariye amatungo yabo

admin
Last updated: December 9, 2022 3:16 pm
admin
Share
SHARE

Intama z’abaturage babiri bo mu kagari ka Gasiza, mu murenge wa Kivuruga zariwe n’imbwa z’inyagasozi zizisanze aho zari ziritse, ubwo imvura yarimo kugwa.

Imbwa z’agasozi ngo ntimenyerewe muri Gakenke (Photo internet)

Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, mu mudugudu wa Bushoka, Akagari ka Gasiza, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, ahagana saa cyenda z’amanywa, ubwo imvura yarimo igwa.

Ni intama ebyiri nkuru, n’abana bazo babiri. Ni iza Manirafasha Venuste na Dukore Cleophace, zari ziziritse ku gasozi maze imvura irazihasanga, aribwo imbwa z’ibihomora zazihasanze zirazirya.

Akana kamwe k’intama kabashije guhunga, naho akandi baragaka barakabura bagakeka ko imbwa zakiriye zikakamara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga, Kabera Jean Paul yabwiye UMUSEKE ko izi imbwa batazi aho zaturutse, ndetse ibi bintu bitari bisanzwe ko imbwa zadukira amatungo y’abaturage zikayarya.

Ati “Ni ikibazo cyagaragaye ejo, ariko ntabwo ari ibibazo bisanzwe kuko ntabyo twagiraga uretse aba baturage babiri bari baziritse intama ku gasozi, baza kugira ikibazo imbwa ebyiri zizerera ziza kuzirya. Ntitwabyita ikibazo gihoraho kuko byabaye ejo.”

Yakomeje agira ati “Umusozi wa Bushoka usanzwe utuweho n’abaturage, izo mbwa rero ni zimwe zizerera ku gasozi. Imwe yatezwe iricwa, indi na yo turi kuyishakisha.”

Kabera Jean Paul akaba yasabye abaturage kwirinda kuzirika amatungo ku gasozi aho batabasha gukurikirana.

Yagize ati “Ingamba twafashe ni ugushishikariza abaturage kutajyana amatungo ku gasozi, ariko hanafashwe ingamba zo gukoresha uburyo bwose bushoboka, bwo gukumira imbwa zizerera ku gasozi harimo no kuzitega hakoreshejwe imiti, kandi imwe muri izo yishwe.”

Ikibazo cy’imba zirya amatungo y’abaturage ntabwo ngo byari bisanzwe biba muri aka Kagari, ubuyobozi bw’Umurenge wa Kivuruga bukaba bwemereye UMUSEKE ko aba baturage amatungo yabo yariwe n’imbwa bari busabirwe andi matungo, mu mushinga basanzwe bakorana utanga amatungo ku baturage witwa PRISME, na bo bagakomeza gutunga amatungo nk’abandi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?