BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Abaturage basanze imbwa zariye amatungo yabo

Gakenke: Abaturage basanze imbwa zariye amatungo yabo

admin
Last updated: December 9, 2022 3:16 pm
admin
Share
SHARE

Intama z’abaturage babiri bo mu kagari ka Gasiza, mu murenge wa Kivuruga zariwe n’imbwa z’inyagasozi zizisanze aho zari ziritse, ubwo imvura yarimo kugwa.

Imbwa z’agasozi ngo ntimenyerewe muri Gakenke (Photo internet)

Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, mu mudugudu wa Bushoka, Akagari ka Gasiza, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, ahagana saa cyenda z’amanywa, ubwo imvura yarimo igwa.

Ni intama ebyiri nkuru, n’abana bazo babiri. Ni iza Manirafasha Venuste na Dukore Cleophace, zari ziziritse ku gasozi maze imvura irazihasanga, aribwo imbwa z’ibihomora zazihasanze zirazirya.

Akana kamwe k’intama kabashije guhunga, naho akandi baragaka barakabura bagakeka ko imbwa zakiriye zikakamara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga, Kabera Jean Paul yabwiye UMUSEKE ko izi imbwa batazi aho zaturutse, ndetse ibi bintu bitari bisanzwe ko imbwa zadukira amatungo y’abaturage zikayarya.

Ati “Ni ikibazo cyagaragaye ejo, ariko ntabwo ari ibibazo bisanzwe kuko ntabyo twagiraga uretse aba baturage babiri bari baziritse intama ku gasozi, baza kugira ikibazo imbwa ebyiri zizerera ziza kuzirya. Ntitwabyita ikibazo gihoraho kuko byabaye ejo.”

Yakomeje agira ati “Umusozi wa Bushoka usanzwe utuweho n’abaturage, izo mbwa rero ni zimwe zizerera ku gasozi. Imwe yatezwe iricwa, indi na yo turi kuyishakisha.”

Kabera Jean Paul akaba yasabye abaturage kwirinda kuzirika amatungo ku gasozi aho batabasha gukurikirana.

Yagize ati “Ingamba twafashe ni ugushishikariza abaturage kutajyana amatungo ku gasozi, ariko hanafashwe ingamba zo gukoresha uburyo bwose bushoboka, bwo gukumira imbwa zizerera ku gasozi harimo no kuzitega hakoreshejwe imiti, kandi imwe muri izo yishwe.”

Ikibazo cy’imba zirya amatungo y’abaturage ntabwo ngo byari bisanzwe biba muri aka Kagari, ubuyobozi bw’Umurenge wa Kivuruga bukaba bwemereye UMUSEKE ko aba baturage amatungo yabo yariwe n’imbwa bari busabirwe andi matungo, mu mushinga basanzwe bakorana utanga amatungo ku baturage witwa PRISME, na bo bagakomeza gutunga amatungo nk’abandi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?