BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

admin
Last updated: December 12, 2025 10:48 am
admin
Share
SHARE

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko abana batatu bari munsi y’imyaka 15 bakurikiranyweho gutwika Stade ya Factory Field nyuma y’uko ikipe bafana ihakinira ya FC Haka imanutse mu Cyiciro cya Kabiri.

Factory Field yafashwe n’inkongi y’umuriro mu buryo bukabije kugeza ubwo imyanya y’icyubahiro ihiye igakongoka, igice kimwe cy’ikibuga bakiniramo na cyo cyangirika mu buryo bukomeye ku buryo kongera kugisana bisa no kubaka bushya.

Nyuma yo kwemeza ko hafunzwe abana batatu, Umukozi mu Ishami rya Polisi rya Valkeakoski uri gukurikirana iby’iki kibazo, Maijastiina Tammisto, yasabye abantu kudakwirakwiza ibihuha ku byabaye.

Yagize ati “Polisi iri gukurikirana iby’iki kibazo, gusa nanone ikagira inama abantu yo kudakomeza gukwirakwiza ibihuha kuko na bo bashobora kwisanga bakoze ibyaha.”

Umuyobozi wa FC Haka, Marko Larsson, yavuze ko abantu bakwiriye kugira umuco wo guha agaciro ibikorwaremezo nk’ibi biba byaratwaye imbaraga mu kubyubaka.

Ati “Biteye agahinda kubona umuntu adatekereza ku kamaro Factory Field ifitiye umupira w’amaguru muri Finland. Ibi ni ukudaha agaciro ibyo abantu baba bararuhiye. Gusa ntakundi Isi ni ko iteye. Tugiye kureba neza ku mashusho tumenye aho inkongi yaturutse.”

Nubwo abana batatu bari gukurikiranwa bafite munsi y’imyaka 15, amategeko ahana ibyaha muri Finlande ntiyemera ko abana bataruzuza imyaka y’ubukure, bakurikiranwa n’inkiko.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Aziya

Abashinwa 7 bakatiwe imyaka 20 y’igifungo muri Afurika y’Epfo bazira gucuruza abantu

4 Min Read
Aziya

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

3 Min Read
Aziya

Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

2 Min Read
Aziya

Koreya y’Epfo: Umugore yaciwe amande kubera kumanura ipantalo y’umugabo bakorana

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?