BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yemeje ko Tumutoneshe Diane atataye akazi

Ferwafa yemeje ko Tumutoneshe Diane atataye akazi

admin
Last updated: July 24, 2022 3:27 pm
admin
Share
SHARE

Kuva Komite Nyobozi ya Ferwafa iyobowe na Nizeyimana Mugabo Olivier yatorwa, ntabwo Komiseri ushinzwe Iterambere ry’umupira w’abagore muri iri shyirahamwe, Tumutoneshe Diane, yagaragaye mu biro kenshi kuko yahise ajya kwiga ku mugabane w’i Burayi.

Tumutoneshe Diane yasoreje amasomo ye i Zurich mu Busuwisi

Uyu mugore wagiye kwiga ibijyanye n’imiyoborere ya Siporo [FIFA Master’s Course], abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, bakunze kuvuga ko yataye akazi ariko ababivuga ntibemeranya na Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier nk’uko yabivugiye mu Nteko rusange yahuje abanyamuryango b’iri shyirahamwe.

Ati “Ntabwo yataye akazi.  Igihari ni uko yagiye kwiga Iterambere ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda. Nkeka ko ari inyungu ku mupira wacu muri rusange. Ejo cyangwa ejobundi azaba ageze mu Rwanda.Mwabonye ko hari Komisiyo za CAF yagiyemo. Ahubwo tugomba kumubyaza umusaruro.”

Tumutoneshe amaze hafi umwaka ku mugabane w’i Burayi, aho yagiye kwiga “FIFA Masters Course” mu gihugu cy’u Bwongereza muri Leicester University, mu Butaliyani (SDA Bacconi School Of Management), no mu Busuwisi muri Neuchâtel University iherereye i Zurich.

Uyu mugore wize ibijyanye na Siporo, asanzwe ari n’Umuyobozi w’Irerero rya Dream Team Academy yashinzwe na Kayisire Jacques usanzwe ari Visi Perezida wa Mbere wa Rayon Sports.

Mu 2019, Tumutoneshe yize muri Kaminuza ya Leipzig mu Budage ibijyanye n’imicungire ya Siporo (Sports Management).

Diane aragaruka mu Rwanda vuba nyuma yo gusoza amasomo
Tumutoneshe yiganye n’abandi baturutse imihanda yose ku Isi
Diane ari mu basoje icyiciro cya “FIFA Masters Course”

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?