BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yasinyanye amasezerano n’Ishyirahamwe ryo muri Maroc

Ferwafa yasinyanye amasezerano n’Ishyirahamwe ryo muri Maroc

admin
Last updated: August 10, 2022 2:34 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryemeje ko ryasinyanye amasezeano n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Maroc.

Ferwafa na FRMF basinyanye amasezerano u Rwanda ruzungukiramo

Mu minsi ishize, perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier, yavuze ko u Rwanda rwasabye Maroc ubufatanye bwo guhugura abasifuzi ku bijyanye no gukoresha ikoranabuhanga ry’amashusho asigaye yifashishwa n’abasifuzi [VAR].

Ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Ferwafa yemeje ko perezida wayo, Nizeyimana Mugabo Olivier, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Maroc, FRMF.

Bati “Ejo hashize, perezida Nizeyimana Olivier, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na perezida wa FRMF, Fouzi Lekja. Amasezerano azibanda ku bya tekinike n’mahugurwa ku miyoborere, imikoranire ku marerero no guteza imbere abato n’abagore.”

Bongeyeho bati “Gutegura imikino  ya ku makipe y’Ibihugu y’Ibi bihugu byombi, amahugurwa ku batoza n’abandi bashinzwe ibya tekinike no gutegura ibikorwa bya siporo bitandukanye.”

Ibi biraza byiyongera ku byo Nizeyimana Olivier yari aherutse kubwira itangazamakuru, ko Ferwafa yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Maroc ubufatanye bwo gufasha abasifuzi b’Abanyarwanda mu bijyanye n’amahugurwa.

Nizeyimana Olivier na Fouzi Lekja ubwo bari bamaze gusinya amasezerano

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?