BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

admin
Last updated: October 29, 2025 1:03 pm
admin
Share
SHARE

Komisiyo Ishinzwe Imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yateye utwatsi ubusabe bw’amapike ya APR FC n’Amagaju FC yari yagaragaje ko yarenganyijwe n’abasifuzi ku mikino y’umunsi wa Gatanu wa Shampiyona aheruka gukina.

Tariki ya 25 Ukwakira 2025, ni bwo APR FC yakiriwe na Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Rwanda Premier League warangiye amakipe yombi anganyije 0-0.

Nyuma y’umukino APR FC yandikiye FERWAFA igaragaza ko umusifuzi Rulisa Patience wayoboye uyu mukino yafashe ibyemezo bidakwiye aho yanze gutanga penaliti ku ikosa ryakorewe Denis Omedi mu rubuga rw’amahina, mu gihe Ronald Ssekiganda yahawe ikarita y’umutuku ku maherere.

Yagaragaje kandi ko hari ikosa rikomeye ryakorewe Ruboneka Jean Bosco ryirengagijwe n’abasifuzi, ndetse ko hari coup-franc yagombaga guhabwa bikarangira ihawe Kiyovu Sports.

Mu itangazo FERWAFA yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu yavuze ko nyuma yo gusuzuma amashusho y’umukino wahuje amakipe yombi yasanze ibyemezo byafashwe n’umusifuzi bikwiye, nta kosa ryabayeho.

FERWAFA kandi yemeje ko Amagaju FC yasabaga ko yakurirwaho ikarita itukura yahawe Rwema Amza ku mukino batsinzwemo na Rayon Sports igitego 1-0 ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025, ntashingiro bifite.

Ni ikarita yabonye ku munota wa 22, nyuma yo gukorera ikosa Aziz Bassane inyuma gato y’urubuga rw’amahina.

Mu ibaruwa FERWAFA yandikiye iyi kipe yagize iti “Komisiyo imaze gusubiramo amashusho y’umukino yabuze ishusho ryerekana imfuruka ‘angle’ zishoboka zigaragaza uguhuza amaguru (point of contact) neza.

Igendeye ku mashusho ifite ubu no kuri raporo ya komiseri w’umukino, yasanze umusifuzi yari hafi cyane y’aho igikorwa(action) yabereye kandi abireba neza.

Iyo bimeze gutya, icyemezo cyafashwe n’umusifuzi ni cyo gikurikizwa.

FERWAFA iherutse guteguza ko muri Gashyantare 2026 rizatangira gukoresha ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire “Video Assistant Referee- VAR”mu rwego rwo gukemura impaka zikunze gutezwa n’imisifurire muri shampiyona no mu y’indi mikino.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?