BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

admin
Last updated: October 29, 2025 1:03 pm
admin
Share
SHARE

Komisiyo Ishinzwe Imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yateye utwatsi ubusabe bw’amapike ya APR FC n’Amagaju FC yari yagaragaje ko yarenganyijwe n’abasifuzi ku mikino y’umunsi wa Gatanu wa Shampiyona aheruka gukina.

Tariki ya 25 Ukwakira 2025, ni bwo APR FC yakiriwe na Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Rwanda Premier League warangiye amakipe yombi anganyije 0-0.

Nyuma y’umukino APR FC yandikiye FERWAFA igaragaza ko umusifuzi Rulisa Patience wayoboye uyu mukino yafashe ibyemezo bidakwiye aho yanze gutanga penaliti ku ikosa ryakorewe Denis Omedi mu rubuga rw’amahina, mu gihe Ronald Ssekiganda yahawe ikarita y’umutuku ku maherere.

Yagaragaje kandi ko hari ikosa rikomeye ryakorewe Ruboneka Jean Bosco ryirengagijwe n’abasifuzi, ndetse ko hari coup-franc yagombaga guhabwa bikarangira ihawe Kiyovu Sports.

Mu itangazo FERWAFA yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu yavuze ko nyuma yo gusuzuma amashusho y’umukino wahuje amakipe yombi yasanze ibyemezo byafashwe n’umusifuzi bikwiye, nta kosa ryabayeho.

FERWAFA kandi yemeje ko Amagaju FC yasabaga ko yakurirwaho ikarita itukura yahawe Rwema Amza ku mukino batsinzwemo na Rayon Sports igitego 1-0 ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025, ntashingiro bifite.

Ni ikarita yabonye ku munota wa 22, nyuma yo gukorera ikosa Aziz Bassane inyuma gato y’urubuga rw’amahina.

Mu ibaruwa FERWAFA yandikiye iyi kipe yagize iti “Komisiyo imaze gusubiramo amashusho y’umukino yabuze ishusho ryerekana imfuruka ‘angle’ zishoboka zigaragaza uguhuza amaguru (point of contact) neza.

Igendeye ku mashusho ifite ubu no kuri raporo ya komiseri w’umukino, yasanze umusifuzi yari hafi cyane y’aho igikorwa(action) yabereye kandi abireba neza.

Iyo bimeze gutya, icyemezo cyafashwe n’umusifuzi ni cyo gikurikizwa.

FERWAFA iherutse guteguza ko muri Gashyantare 2026 rizatangira gukoresha ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire “Video Assistant Referee- VAR”mu rwego rwo gukemura impaka zikunze gutezwa n’imisifurire muri shampiyona no mu y’indi mikino.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

2 Min Read
Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye amakipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?