BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 28, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

admin
Last updated: February 28, 2026 5:08 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC, Alain Kirasa kubera abasifuzi bagaragaje ko nta bikoresho bigezweho bafite mu mukino iyi kipe yatsinzwemo na APR FC ibitego 2-1.

Ni umukino wabaye ku wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, ubera kuri Kigali Pele Stadium. Wari umukino ubona wakaniwe cyane na Gorilla FC kuko nyuma yo gutsinda igitego yifuzaga gutahana amanota atatu cyangwa ikabona rimwe, ariko ntibyagenda mu ruhande rwayo.

Nyuma y’umukino umutoza wa Gorilla FC, Alain Kirasa, mbere yo kubazwa ibibazo n’abanyamakuru yabanje guha ubutumwa FERWAFA ayisaba kugurira abasifuzi ibikoresho kuko abona byica akazi kabo.

Yagize ati “ Mbere y’uko mubaza ibindi bibazo ndagira ngo nsabe Federasiyo ko bagurira abasifuzi ibikoresho bigezweho. Itumanaho kuri kiriya gitego cya kabiri ntiryagenze neza. Bari bashyizeho iminota ine dukina iminota itandatu. Umusifuzi wa mbere wo ku ruhande n’umusifuzi wa kane bari bahamagaye umusifuzi wo hagati mbere yo guterwa kwa kufura bamubwira ko umukino warangiye ariko ntabwo yigeze abyumva.”

Alain Kirasa gutsindwa igitego cya kabiri ntabwo yabigize urwitwazo kuko nabo abona bagombaga kugarira neza kugira ngo iki gitego ntikijyemo.

Yagize ati “ Twatsinzwe igitego umukino warangiye, ariko ntabwo ari urwitwazo kuko APR FC itari mu kibuga yonyine natwe twari duhari twagombaga gukuraho uriya mupira. Turi mu isi igezweho, gukina abasifuzi badafite itumanaho n’ibintu biciriritse cyane.”

Gorilla FC ntabwo biraza kuyorohera kuko nyuma yo gutsindwa yakomeje kujya mu myanya y’inyuma cyane. Ubu Gorilla FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 22 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?