BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yahuguye abayobozi b’amakipe ku gukoresha TMS

Ferwafa yahuguye abayobozi b’amakipe ku gukoresha TMS

admin
Last updated: October 6, 2022 12:31 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], ryatangaje ko ryahaye amahugurwa bamwe mu bahagarariye amakipe mu gukoresha ikoranabuhanga ryifashishwa mu guhererekanya no kwandikisha abakinnyi [FIFA TMS/DTMS].

Ferwafa yahuguye abahagarariye amakipe ku gukoresha ikoranabuhanga rya TMS

Kuwa Gatatu tariki 5 Ukwakira 2022, muri Hilltop Hotel habereye amahugurwa ya bamwe mu bahagarariye amakipe ku bijyanye no gukoresha ikoranabuhanga.

Ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Ferwafa, yatangaje ko abasaga 40 baturutse mu cyiciro cya Mbere n’icya Kabiri mu bagabo n’abagore ari bo bari muri aya mahugurwa.

Bati “Abahagarariye amakipe y’icyiciro cya Kabiri mu bagabo n’icyiciro cya Mbere mu bagore basaga 40 nibo bitabiriye amahugurwa yateguwe na Ferwafa ajyanye n’ikoreshwa rya “FIFA TMS/DTMS” ndetse na “Ferwafa Connect”, uburyo bw’ikoranabuhanga bukoreshwa mu guhererekanya no kwandikisha abakinnyi.”

Aya mahugurwa yabereye kuri Hilltop Hotel yatangijwe n’Umunyamabanga Mukuru Muhire Henry, ashimangira ajyanye n’intego za Ferwafa zo kwifashisha ikoranabuhanga mu rwego rwo gukumira impaka zikunze kugaragara mu guhererekanya abakinnyi kubandikisha no kunoza imikorere.

Shampiyona y’icyiciro cya Kabiri mu bagabo iteganyijwe gutangira tariki 29 Ukwakira 2022, mu gihe iy’icyiciro cya Mbere mu bagore izatangira itangire tariki 22Ukwakira.

Amakipe yose azitabira amarushanwa ategurwa na Ferwafa uyu mwaka, agomba guhererekanya no kwandikisha abakinnyi hifashishijwe FIFA TMS na FERWAFA Connect.

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa, Muhire Henry niwe watangije aya mahugurwa
Umujyanama wa Ferwafa mu by’amategeko, Jules Karangwa ari mu batanze aya mahugurwa
Abagera kuri 40 bitabiriye aya mahugurwa
TMS ni ikoranabuhanga ryifashishwa mu guhererekanya no kwandika abakinnyi
Buri wese yari afite mudasobwa ye yifashishaga mu kwiga gukoresha iri koranabuhanga

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?