BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa igiye gusubizaho Academy

Ferwafa igiye gusubizaho Academy

admin
Last updated: July 31, 2022 4:55 pm
admin
Share
SHARE

Mbere y’umwaka wa 2011, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryari rifite ikipe yari mu nshingano z’iri shyirahamwe.

Edmond Nkunsi yemeje ko mu bihe bya vuba hazagaruka Axademy ka Ferwafa

Iyi kipe yari igizwe n’abeza mu bakiri bato ariko bafite impano yo gukina umupira w’amaguru. Abayitoranyije bifashishije amarushanwa atandukanye arimo Umurenge Kagame Cup n’amarushanwa ahuza ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye azwi nka Inter-scolaire.

Iyi kipe yabarizwagamo intoranywa z’abari bitwaye neza kurusha abandi, ndetse baza gutegurwa neza ariko ntihategurwa abazabasimbura mu gihe bazaba bigiye hejuru mu myaka. TV

Iyi kipe yahoze ari iya Ferwafa, yakomeje gutegurirwa kuzakina igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexique, igarutse ihindurirwa izina yitwa Isonga FC ndetse ishyirwa muri shampiyona y’icyiciro cya Mbere kuva ubwo.

Iyi kipe yakinnye imyaka ibiri gusa mu cyiciro cya Mbere igahita imanuka mu cyiciro cya Kabiri, yakomeje kujya ifasha abakinnyi bafite impano yo gukina umupira w’amaguru, bamara kwigaragaza bakajya mu makipe makuru arimo APR FC, Rayon Sports Kiyovu Sports, AS Kigali, Police FC n’izindi.

Iyi kipe byaje kurangira ivuye mu maboko ya Ferwafa, isigarana ubuyobozi bwayo bwagiye buhindagurika kugeza kuri Muramira Gregoire ucyitwa umuyobozi wayo kugeza ubu.

Aganira na B+ TV, Komiseri ushinzwe Iterambere ry’umupira w’amaguru n’ibya tekinike muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie, yemeje ko iri shyirahamwe rigiye kugarura ikipe izitwa iya Ferwafa.

Ati “Ubusanzwe nta shyirahamwe rikwiye kubaho ridafite ikipe imeze nk’igaburira izindi [Academy]. Nka Ferwafa turifuza kugarura Academy yahozeho nk’uko mbere byari bimeze. Gusa ni ibintu bigitegurwa neza ariko si cyera rwose.”

Uyu muyobozi yavuze ko hakiri ibiri gushyirwa ku murongo birimo gushaka ingengo y’imari izatunga iyi kipe n’uko igomba kuzabaho kugira ngo itange umusaruro izaba yitezweho.

Bamwe mu bakinnyi bamenyekaniye mu Isonga FC barimo Emery Bayisenge wari kapiteni wayo, Ndayishimiye Célestin, Farouk Saifi Ssentongo wamenyekanye nka Ruhinda Farouk, Ntaribi Steven, Sibomana Patrick [Papy], Nsabimana Eric Zidane, Muhire Kevin, Niyonzima Olivier, Kwizera Olivier n’abandi.

Isonga FC yabanje kuba Academy ya Ferwafa
Mu 2011 u Rwanda rwitabiriye Igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 17 biciye mu ikipe yitwaga Academy ka Ferwafa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?