BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwacy yijeje ubufasha abanya-Kirehe bafite impano y’igare

Ferwacy yijeje ubufasha abanya-Kirehe bafite impano y’igare

admin
Last updated: October 5, 2022 3:40 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare [Ferwacy], ryijeje ubufasha abagaragaje ko bafite impano muri uyu mukino mu Akarere ka Kirehe.

Abanya-Kirehe bakunda umukino wo gusiganwa ku magare

Kuwa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022, mu Akarere ka Kirehe habaye isiganwa ry’amagare ryahawe izina rya ‘Gisaka Race’. Ni irushanwa ryabanjirijwe n’irindi ryo gushaka abafite impano muri uyu mukino ariko batagira amakipe bakinira.

Impamvu yo gushaka abafite impano yo gukina uyu mukino w’amagare, ni ugushaka abakinnyi bazakina Shampiyona y’Isi mu magare izabera mu Rwanda mu 2025.

Aganira n’abanyamakuru, perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare, [Ferwacy], Murenzi Abdallah, yavuze ko abatoranyijwe nk’abafite impano yo gutwara igare, bagiye kwitabwaho ndetse bazoherezwa ku mugabane w’i Burayi gufashwa gukuza impano zabo.

Ati “Ntabwo birangiriye aha kuko abafite impano yo gutwara igare bazakurikiranwa. Nk’ubuyobozi dufite inshingano yo kubafasha kubyaza umusaruro impano zabo.”

Yakomeje agira ati “Abatoranyijwe bazanafashwa kujya i Burayi mu kwimenyereza [stage] kugira ngo bakomeze kwitabwaho. Uretse ibyo, mu Rwanda hazanaza impuguke zivuye muri UCI kugira ngo badufashe kubitaho. Ni ukuvuga ngo bazakomeza gukurikirwa.”

Uretse kuba abaturage b’i Kirehe ari bo bahereweho, Ferwacy ifite gahunda yo kuzenguruka u Rwanda ishaka abafite impano yo gutwa igare ariko hibandwa ku bakiri baton go bategurirwe kuzakina Shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu 2025.

Abana babanje kugaragaza ko bafite impano zo gukina umukino wo gusiganwa ku igare
Abaturage bo muri Kirehe bari baje gushyigikira impano ziri muri uyu mukino

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?