BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > FERWACY yabonye Umuyobozi Nshingwabikorwa mushya

FERWACY yabonye Umuyobozi Nshingwabikorwa mushya

admin
Last updated: September 15, 2022 4:35 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare, FERWACY, ryatangaje ko ryagiranye amasezerano na Nkuranga Alphonse yo kuribera Umuyobozi Nshingwabikorwa uzaba ufite inshingano zo guhuza ibikorwa n’imirimo bya buri munsi by’iri shyirahamwe.

Nkuranga Alphonse yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa muri Ferwacy

Si ubwa mbere uyu mugabo agiye gukorera iri Shyirahamwe kuko yigeze no kuribera visi Perezida wa Kabiri muri komite yasimbuwe n’iyi iriho ubu iyobowe na Murenzi Abdallah.

Nyuma yo guhabwa inshingano nshya n’iri Shyirahamwe, Nkuranga abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yahise yandika ubutumwa bugufi asezera ikigo cy’Itangazamakuru cya RadioTv10 yari asanzwe akorera mu ishami ry’ubucuruzi no kwamamaza.

Ubuyobozi bw’iri Shyirahamwe bumaze igihe gito butorewe manda nshya mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umukino wo gusiganwa ku magare bagiranye amasezerano n’uyu mugabo usanzwe ufite ubunararibonye mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibigo. Ni nyuma y’uko yari amaze imyaka 6 aho yakoraga ku mwanya wo guhuza ibikorwa by’ubucuruzi.

Komite nshya y’iri shyirahamwe, imwe mu nshingano ikomeye ibareba harimo no gutegura shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izabera mu Rwanda mu 2025. Mu matora aheruka umwanya w’Umuyobozi Nshingwabikorwa ntabwo wari watorewe.

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?