BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > FDLR isigaye ari amabandi atega ibico ku muhanda – Tshisekedi

FDLR isigaye ari amabandi atega ibico ku muhanda – Tshisekedi

admin
Last updated: September 24, 2022 9:38 am
admin
Share
SHARE

Mu kiganiro Perezida Félix Tshisekedi yahaye Televiziyo yo mu Bufaransa, France 24, yemeje ko u Rwanda rugira urwitwazo, FDLR itagize icyo irutwaye kugira rwinjire muri Congo.

Félix Antoine TSHISEKEDI yasabye UN gushyira igitutu ku Rwanda (Archives)

Iki kiganiro cyatambukijwe kuri YouTube y’iki gitangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Tshisekedi yemeza ko FDLR ntacyo igitwaye ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ati “FDLR, ni urwitwazo “fausse excuse”. U Rwanda rwitwaza ibyo kugira ngo rwinjire muri Congo. Aho ngereye mu kubutegetsi nacyuye amagana y’abarwanyi ba FDLR inshuro ebyiri, cyari ikimenyetso.

Ubu FDLR ni umutwe w’inkehwa (washegejwe) zidafite icyo zitwaye ubutegetsi bw’u Rwanda, FDLR ni ikibazo kuri twe Abanyekongo aho kuba ku Rwanda.”

Tshisekedi yavuze ko FDLR yataye igitekerezo cyo gufata ubutegetsi ahubwo ngo isigaye ari umutwe w’amabandi atega ibico abantu banyura ku muhanda.

Ati “Mfite ikimeneysto, iyicwa rya Ambasaderi w’Ubutaliyani, Luca Attanasio wishwe (tariki 22 Gashyanatre 2021), yishwe na FDLR. Ni amabandi asigaye atega ibico ku muhanda, nta gitekerezo cya politiki bagifite cyo kuba bafata ubutegetsi mu Rwanda. Ni urwitwazo, ukuri kuri ahandi, ni byo u Rwanda rukwiye kuvuga.”

Nubwo Perezida Tshisekedi avuze ibi, mu mwaka wa 2019 inyeshyamba za FDLR zagabye igitero mu murenge wa Kinigi, hari tariki 4 Ukwakira, 2019 gihitana abantu 14 bo mu tugari twa Kaguhu, muri Kinigi, no mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze.

Abarwanyi 19 mu bagabye igitero icyo gihe barishwe, batanu bafatwa ari bazima. Bavuze ko bavuye muri Congo.

Aba ni abarwanyi batanu ba FDLR bafashwe ubwo bagabaga igitero mu Kinigi mu Ukuboza 2019

FDLR kandi yagabye igitero mu Rwanda, ku wa itariki 10 Ukuboza, 2018. Nyuma Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyamakuru ko cyaguyemo abasirikare batatu b’u Rwanda.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ba Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi bagiranye ibiganiro ku buhuza bwa Perezida Emmanuel Macron.

Gusa ubu buhuza bwabanjirijwe n’amagambo, Perezida Felix Tshisekedi yabwiye Iteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ko u Rwanda rwarenze ku masezerano yawo, ingabo zarwo zikinjira muri Congo, muri Werurwe, 2022, ndetse rukanafasha inyeshyamba za M23 haba mu bikoresho no kuziha abasirikare.

Perezidansi ya Congo yatangaje ko muri biriya biganiro bavuganye ku irandurwa ry’inyeshyamba za FDLR ku butaka bwa Congo, no kuba M23 yareka Bunagana, hakayobokwa inzira y’ibiganiro.

Umunyamabanga Mukuru wa UN, Antonio Guterres aherutse kuvuga ko M23 irusha ibikoresho ingabo za MONUSCO, asaba Congo gukorana n’u Rwanda na Uganda kugira ngo ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo kibe cyakemuka.

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiranye ibiganiro ku buhuza bwa Macron

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?