BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > FARDC yashyize yemera ko umusirikare warasiwe i Rubavu ari uwa Congo

FARDC yashyize yemera ko umusirikare warasiwe i Rubavu ari uwa Congo

admin
Last updated: November 20, 2022 2:29 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo za Congo, FARDC zemeje ko umusirikare warasiwe ku butaka bw’u Rwanda ari umwe mu babo, mbere hari habaye impaka, ndetse ambulance yari ivuye muri Congo gufata uwo murambo i Rubavu isubirirayo aho, bavuga ko atari uwabo.

Iyi ni imbunda uriya musirikare yari afite, ngo yarashwe nyuma yo kurasa amasasu 9 (Photo Kigali Today)

Umuvugizi wa FARDC, Col Guillaume Ndjike yavuze ko nyuma y’igenzura ryakozwe n’urwego rureba ibyabaye ku mipaka, EJVM basanze nyakwigendera yari umusirikare wa FARDC.

Yavuze ko uwo musirikare yari amaze igihe gito yoherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ihana imbibi n’u Rwanda.

Ati “Yisanze yayobye, cyane ko hari nijoro.”

Uriya musirikare u Rwanda rwari rwanze kwmeza ko ari uwa Congo, hatabaho igenzura, yarashwe n’abasirikare barinda umupaka mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu (01h00 a.m).

Kigali Today yari ahabereye igenzura ry’aho uriya musirikare yarasiwe, ivuga ko abasirikare bamurashwe babwiye abagenzuzi ba EJVM, yari wenyine.

Ambulance yari yaje gutwara umurambo, yabanje gusubirirayo aho, FARDC ivuga ko uwarashwe itamuzi

Abo basirikare bavuze ko uriya musirikare wa Congo, wari wambaye imyenda y’abarinda umukuru w’igihugu, yari yambaye n’ingofero itukura, yinjiye mu Rwanda avuye mu Birere ahari umunara w’abasirikare ba Congo barinda umupaka, uteganye n’iminara ibiri y’abasirikare b’u Rwanda.

Bavuze ko “Yarashe amasasu arindwi (7) ku minara ibiri baramusubiza, ahita akomeza ashaka aho yihisha, nabwo aharasira amasasu abiri (2), aribwo yahise araswa.”

Brig Gen Andrew Nyamvumba ukorera mu Ntara y’Iburengerazuba, ni we wasobanuriye abagenzuzi ba EJVM uko umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda kugeza arashwe.

EXCLUSIVE INTERVIEW: Ibyamenyekanye ku muntu witwaje intwaro warasiwe i Rubavu

Igisirikare cya Congo cyaje kwemera ko uwarashwe ari umwe mu basirikare ba FARDC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?