BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ethiopia: Abarwanyi ba TPLF bameye guha leta imbunda zabo

Ethiopia: Abarwanyi ba TPLF bameye guha leta imbunda zabo

admin
Last updated: December 1, 2022 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Abarwanyi bo mu mutwe wa TPLF mu ntara ya Tigray muri Ethiopia bemeye gushyikiriza intwaro zabo nini leta, nyuma y’ibiganiro abayobozi bawo bagiranye n’abayobozi bakuru mu ngabo za leta.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje, aba barwanyi ba TPLF (Tigray People’s Liberation Front), bemeye ko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 3 Ukuboza 2022, bazashyikiriza imbunda zabo nini leta ya Ethiopia.

Mu itangazo ry’Ambasaderi wa Ethipia muri Kenya, Bacha Debele yavuze ko izi ntwaro barazishyikiriza leta nyuma y’uko batazitangiye igihe nk’uko byari byemeranyijwe kuwa 17 Ugushyingo uyu mwaka.

Yagize ati “Kubijyanye no gutanga intwaro ziremereye, TPLF bagombaga kuzitanga kuwa 17 Ugushyingo ariko ntibyakozwe, ariko ubu byemeranyijwe ko bazitanga kuwa 3 Ukuboza.”

Ambasaderi Bacha Debele yashimangiye ko abayobozi b’ingabo bahura buri munsi mu rwego rwo kunoza igikorwa cyo kwambura intwaro aba barwanyi ba TPLF bamaze igihe bahanganye na leta ya Ethiopia, mu ntara ya Tigray.

Ibi bijyana nuko mu bice bitandukanye abarwanyi ba TPLF bamaze gushyirwa ahantu hamwe ndetse bakemera gutanga intwaro zabo, ibintu bishyira iherezo ku ntambara yari imaze imyaka ibiri, aho yangije byinshi igatwara n’ubuzima bw’abatari bake.

Guverinoma ya Ethiopia ikaba yarasinyanye amasezerano y’amahoro n’uyu mutwe wa TPLF, ni amasezerano yasinyiwe muri Afurika y’Epfo mu kwezi gushize mu rwego rwo gushyira iherezo ku ntambara yari imaze igihe muri iyi ntara ya Tigray.

Amasezerano ya leta ya Ethiopia Na TPLF yo kurambika hasi intwaro kuri aba barwanyi yemerejwe muri Kenya, ku buhuza bw’Umuryango wunze ubumwe bw’Afurika (AU), aho banemeranyije ko abarwanyi bakomoka muri Eritrea bagomba nabo kwamburwa intwaro bagakurwa ku rugamba.

Intambara ya Tigray imaze amezi arenga 18, mu Ukwakira uyu mwaka nibwo imirwano yongeye kubura nyuma y’agahenge kari kamaze amezi atanu, ni intambara yatumye abantu ibihumbi bava mu byabo, inzara iranuma, ndetse abandi bahatakariza ubuzima.

Iyi ntambara yatumye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yambara nawe akajya ku rugamba, dore ko ariwe washoje urugamba yizeza kurandura TPLF mu gihe cya vuba ariko birananirana.

Ivomo: BBC

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Kavuna says:
    December 3, 2022 at 3:55 pm

    Nguku uko na M23 izarangira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?