BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Espoir yanyomoje abayishinjaga gutanga amanota

Espoir yanyomoje abayishinjaga gutanga amanota

admin
Last updated: November 3, 2022 8:31 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Espoir FC yo mu Akarere ka Rusizi, yaguye miswi na APR FC ubwo yanganyaga 0-0 mu mukino w’ikirarane wa shampiyona.

Espoir FC na APR FC zagabanye amanota

Ni umukino wari wabanje kuvugwaho byinshi birimo gushinja Espoir FC ko nta gishya yakora, ahubwo igomba kuhatsindirwa mu buryo bworoshye.

Ubuyobozi bwa Espoir FC bwari bwazamuriye abakinnyi bayo agahimbazamusyi mu gihe bari gutsinda ikipe y’ingabo z’igihugu bari baje bafite imbaraga nyinshi mu kibuga.

Ikipe ya APR yari yakoze urugendo rurerure rwo kuva mu mujyi wa Kigali yerekeza mu karere ka Rusizi aho ikipe ya Espoir ibarizwa. Ni umukino wari wakaniwe cyane ku ruhande rwa Espoir yaherukaga gutsindwa n’ikipe ya Rayon Sports.

Mbere y’uyu mukino byavugwaga ko umutoza Bisengimana Justin utoza Espoir yari yahawe imikino itatu yo kuba yagize icyo ahindura yagombaga guhera kuri APR FC.

Abakinnyi bari babanjemo ku ruhande rwa Espoir FC ni aba bakurikira: Niyongira Patience[GK], Ahishakiye Jack, Dusenge Bernard, Twagizimana Fulgence, Shyaka Philbert, Ndikumana Tresor [C], Niyitanga Yussuf, Kwizera Tresor, Nkoto Karim, Musasizi John na Samson Irokan.

APR yo yari yabanjemo Mutabaruka Alexandre[GK], Niyomugabo Claude, Buregeya Prince[C], Ndayishimiye Dieudonné, Rwabuhihi Aimé Placide, Ruboneka J. Bosco, Mugisha Bonheur, Kwitonda Alain, Nizeyimana Djuma, Nshuti Innocent na Mugisha Gilbert.

Amakipe yombi yakinnye asatirana mu gice cya mbere ariko birangira nta nimwe ibashije kubona izamu. Ku ruhande rwa Espoir basaga n’abadashaka gutakaza uyu mukino bari bakiriye bakomeje guhagarara ku izamu ryabo by’umwihariko umunyezamu wayo Niyongira Patience yananiye abasore ba APR kumutsinda.

Bagarutse mu gice cya kabiri bose bashaka kubona igitego cy’intsinzi. Amakipe yombi yakoze impinduka mu gice cya kabiri. Espoir niyo yazikoze kare ikuramo Shyaka Philbert asimburwa na Mutijima Gilbert hari ku munota wa 46′, yongeye gukuramo Kwizera Tresor asimburwa na Niyonsaba Eric na Nkoto Karim yaje gusimburwa na Iradukunda.

Ku munota wa nyuma w’umukino Espoir itashakaga gutakaza yakoze impinduka zo gutinza umukino aho Byumvuhore Tresor yasimbuye Musasizi John.

Ku ruhande rwa APR nayo yakoze impinduka ku munota wa 68′ Mugunga Yves yinjiriyemo rimwe na Ishimwe Christian bagiyemo basimbuye Nizeyimana Djuma na Mugisha Gilbert. Zari impinduka zo gushaka igitego ku ruhande rwayo ariko byarangiye nta gihindutse ku mukino wose.

Umukino warangiye ibitego bibuze ku makipe yombi. Ibi byatumye ikipe ya APR iguma ku mwanya wa gatanu n’amanota 11 ku rutonde rw’agateganyo. Espoir yo yahise igira amanota atanu.

Espoir FC izasubira mu kibuga ihura na Gasogi United ku Cyumweru tariki 6 Ugushyingo mu gihe APR yo izacakirana na Gorilla FC mu mukino uzakurikiraho.

Indi mikino yabaye y’ibirarane ni Rutsiro FC yanganyije na Gorilla FC 0-0 na Musanze yanganyije na AS Kigali 0-0.

Abakinnyi ba APR FC ntibumvaga neza uko banganyije na Espoir FC 0-0

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Rukundo says:
    November 4, 2022 at 12:16 am

    Kunyanya na Espoir ikipe idahemba birababaje

    Reply
  • Jean baptiste says:
    November 5, 2022 at 7:11 am

    Ahubwo mwarokotse ikipe mufite uyumwaka ntaho yabageza usibye kukabbaro gusa.?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?