BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

admin
Last updated: March 5, 2026 11:57 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byagabye kuri Iran, ananenga ibihugu byo mu Burayi bikomeje gukurikira buhumyi Amerika nta gushishoza.

Espagne ntiyariye indimi ku bijyanye n’aho ihagaze ku ntambara Israel na Amerika byatangije kuri Iran, aho igaraza ko itabishyigikiye na busa.

Byageze n’aho iki gihugu cyo mu Burayi cyima Amerika ibirindiro byo kwifashisha mu kugurukirizaho indege zigiye kurasa kuri Iran.

Mu kwihimura na Donald Trump yavuze ko nta mpamvu yo gukomeza gukorana n’igihugu kitabafasha, agaragaza ko bagiye guhagarika ubufatanye mu by’ubucuruzi n’ab’i Madrid.

Ku wa 4 Werurwe 2026, Minisitiri Sanchez yasobanuye aho Espagne ihagaze. Ati “Intambara si ngombwa. Uku ni ko amakuba agwirira ikiremwamuntu atangira. Ntabwo wakina umukino w’ubwiyahuzi ku buzima bwa za miliyoni z’abantu.’

Ubwo yakomozaga ku bihano Amerika yavuze ko izafatira Espagne, Minisitiri Sanchez yagize ati ‘Ntituzigera tugira uruhare mu kintu cyakwangiza Isi, kubera gutinya ko hari uwatwihimuraho. Ntituzemera ko abayobozi badashoboye guteza imbere imibereho y’abaturage bagira intambara igikoresho cyo guhisha intege nke zabo no kuzuza imifuka ya bamwe.”

Minisitiri w’Intebe wa Espagne kandi yakomoje ku bihugu by’u Burayi byanze kubwiza Amerika ukuri, avuga ko ari ubujiji “kumva ko gukurikira abandi buhumyi ari bwo buryo bwo kuyobora.”

Ibyo gukurikira abandi buhumyi Minisitiri Sanchez, yabigaragaje nyuma y’uko Chancelier w’u Budage, Friedrich Merz yagiranye inama na Trump ndetse u Budage bwavuze ko ibyo gutera Iran bwari bubizi.

Minisitiri Sanchez ntabwo akunze kwemeranya na Amerika ku mishinga itandukanye. Nko mu mwaka ushize ubwo Trump yasabaga ko amafaranga akoreshwa mu ngengo y’imari y’ingabo z’ibihugu byo mu Burayi yazamurwa byibuze akagera kuri 5% by’umusaruro mbumbe, Sanchez avuga ko bidasabanutse.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza…

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe…

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

1 Min Read
Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?