BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Esaya yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Éthiopia

Esaya yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Éthiopia

admin
Last updated: August 29, 2022 1:00 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’amatora yabaye ku Cyumweru tariki 28 Kanama 2022, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu gihugu cya Éthiopia [EFF], ryongeye kwegugurirwa Esayas wariyoboraga mu myaka ine ishize.

Esayas yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Éthiopia

Byaciye mu nama y’Inteko rusange y’abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Éthiopia [EFF] yabaye ku Cyumweru tariki 28 Kanama 2022.

Esayas wayoboraga iri shyirahamwe, ni we wongeye kugirirwa icyizere n’abanyamuryango, bamutora ku majwi 94%. Abandi batowe muri iyi komite nyobozi nshya izamara imyaka ine iri imbere, ni Dr. Dagnachew Nigeru watorewe kuba visi perezida w’iri shyirahamwe.

Esayas akimara gutorwa, yashimiye abamugiriye icyizere bakamuhundagazaho amajwi.

Ati “Ndifuza gushimira abangiriye icyizere bakadutora. Ndabizi ko dufite byinshi byo gukora muri iyi myaka ine iri imbere ngo duteze imbere umupira w’amaguru muri Éthiopia.”

Abandi bantu Icyenda batorewe kujya muri komite nshya, ni Fiza Reshad, Bizuayehu Jemberu, Murad Abdi, Adisu Kamiso, Sherefa Dilicho, Ujulu Aday, Dagnachew Nigeru, Aser Ibrahim na Habiba Siraj.

Esayas asanzwe ari na visi perezida wa Mbere wa CECAFA.

Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Éthiopia bashyizeho ubuyobozi bushya

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?