BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Aug 11, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Elon Musk  yagaragaje guca bugufi yicuza guhangana na Trump

Elon Musk  yagaragaje guca bugufi yicuza guhangana na Trump

sam
Last updated: June 11, 2025 12:16 pm
sam
Share
SHARE

Umuherwe wa mbere ku Isi, ufite ibigo birimo Tesla, Space X, Starlink na X, Elon Musk, yicujije guhangana na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemera ko yakabije.

Ubutumwa uyu muherwe yanyujije ku rubuga X kuri uyu wa 11 Kamena 2025 bugira buti “Ndicuza ku bwa bumwe mu butumwa nanditse kuri Perezida Donald Donald Trump mu cyumweru gishize. Bwararengereye cyane.”

Mu cyumweru gishize, Musk na Trump bahanganiye ku mbuga nkoranyambaga, bapfa ingingo y’umushinga w’ingengo y’imari ikuraho “Nkunganire” y’umusoro ku modoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi zikorerwa muri Amerika.

Musk washyize imbaraga nyinshi mu mushinga wa Tesla wo gukora imodoka zikoresha amashanyarazi, yagaragaje ko uyu mushinga w’ingengo y’imari ari “ikizira” kidakwiye kwemerwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu mushoramari yagaragaje ko uyu mushinga uzazamura icyuho cy’amafaranga atenganywa mu ngengo y’imari ataboneka, kigere kuri miliyari 2500 z’Amadolari ya Amerika.

Trump yatangaje ko Musk ari “umusazi”, ateguza ko Amerika izahagarika ibifanye n’ibigo byose by’uyu muherwe birimo Tesla, Space X na Starlink mu rwego rwo kuzigama “miliyari z’Amadolari”.

Byageze aho Musk yicuza ko yashyigikiye Trump mu gihe cyo kwiyamamaza, asobanura ko iyo adashyigikira uyu Mukuru w’Igihugu, atari gutsinda Kamala Harris bari bahanganye mu matora yabaye mu Ugushyingo 2024.

Musk kandi yatangaje ko Trump ari muri dosiye ya Jeffrey Epstein wakurikiranyweho gukorera abana ihohotera rishingiye ku gitsina, bityo ko ari yo mpamvu uyu Mukuru w’Igihugu atemera ko inyandiko z’iyi dosiye zijya hanze.

Uyu muherwe yatangaje ko yicuza nyuma y’aho Trump agaragaje ko atizera niba bombi bazongera kubana neza nk’uko byahoze.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera baguye mu bitero by’indege z’igisirikare cya Israel 

Igitangazamakuru cya Al Jazeera cyatangaje ko abanyamakuru bacyo batanu bahitanwe n'ibitero by'indege…

Mali: Abasirikare benshi barimo Général bafungiwe umugambi wo guhirika ubutegetsi 

Igisirikare cya Mali cyataye muri yombi abasirikare bagera kuri 20 barimo Général,…

Ituri : Abasaga 10 000 bifuza gusubira mu byabo bagakumirwa n’ibyihebe bya ADF

Impuzi zisaga ibhumbi 10 (10 000) zataye ingo zabo mu burasirazuba bwa…

Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

Abagabo babiri bakekwagaho kwica abazamu barindaga idepo y'inzoga mu Karere ka Rwamagana,…

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

2 Min Read
Amerika

Amerika yahagaritse visa z’abayobozi ba Palestin

2 Min Read
Amerika

Thailand na Cambodia bemeranyije guhagarika imirwo

2 Min Read
Amerika

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?