BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

admin
Last updated: October 30, 2025 10:16 am
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse gusaba kwitabira Shampiyona ya Rwanda Premier League 2025–2026, itazayitabira uyu mwaka kubera impamvu zayo bwite.

Ni nyuma y’iminsi itatu gusa FERWAFA n’inzego zishinzwe imicungire y’imikino mu Rwanda zari zatangaje ko hari amakipe atatu yo muri Sudani yemerewe kwitabira shampiyona y’u Rwanda.

Ayo makipe ari yo El Hilal, El Merreick na Al Ahli Wad Madani, yari yahawe uburenganzira bwo gukina muri shampiyona y’u Rwanda, mu rwego rwo kubafasha gukomeza ibikorwa byabo nyuma y’ihungabana rya shampiyona yabo yo muri Sudani.

Umunyamabanga Mukuru w’Agateganyo wa FERWAFA, Mugisha Richard, yari yatangaje ko aya makipe azagera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru kugira ngo atangire imyiteguro yo kwinjira muri shampiyona.

Yatangaje ko nyuma y’ibiganiro by’imbere mu ikipe, El Ahli Wad Madani yanditse ibaruwa isaba gukurwa muri gahunda yo gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, ishimangira ko hari impamvu zayo bwite zitayemerera gukomeza uwo mushinga.

Ibi bivuze ko muri ayo makipe atatu yo muri Sudani, hasigaye El Hilal na El Merreick, zitezwe mu Rwanda mu minsi mike iri imbere kugira ngo zitangire gukina imikino ya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025–2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

2 Min Read
Imikino

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

2 Min Read
Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye amakipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?