Edgar Chagwa Lungu wabaye Perezida wa Zambia kuva muri Mutarama 2015 kugeza muri Kanama 2021 yitabye Imana aguye mu bitaro muri Afurika y’Epfo aho yahabwaga ubuvuzi bwihariye.
Amakuru y’urupfu rwa Edgar Lungu w’imyaka 68, yemejwe n’umukobwa we Tasila Lungu Mwansa, avuga ko umubyeyi we yaguye mu bitaro Medforum Clinic mu gitondo cyo kuri uyu Kane tariki 5 Kamena 2025.
Umukobwa we mu butumwa bukubiye muri video yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati: “Data mu byumweru bishize yahabwaga ubuvuzi bwihariye.” Gusa kugeza ubu ntabwo haratangazwa icyamuhitanye.
Edgar Lungu nyuma yo gutsindwa mu matora ya 2021, yafashe umwanzuro wo kuva muri politiki, gusa ayisubiramo mu 2023, anateguza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu 2026.