BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC:Kiliziya Gatulika yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 ifashe Uvira

DRC:Kiliziya Gatulika yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 ifashe Uvira

admin
Last updated: December 16, 2025 10:40 am
admin
Share
SHARE

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye gukora ibiganiro by’amahoro bitagira uwo biheza.

Karidinali Fridolin Ambongo yabitangaje ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 15 y’Ishyirahamwe ry’Abepisikopi muri Afurika yo Hagati izwi nka ACEC (Association des Conférences épiscopales de l’Afrique Centrale) rihuriramo Abepisikopi ba Kiliziya Gatulika bo muri Congo, u Burundi n’u Rwanda.

Ibi biganiro rusange ku rwego rw’Igihugu byasabwe na Ambogo, igamije gukemura impamvu nyamukuru z’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Karidinali Ambongo ubwo yari imbere y’imbaga, yagize “Nubwo urugomo n’amakimbirane byaba bikomeye gute, amahoro arashoboka.”

Ambogo yavuze ko nubwo hasinywe amasezerano y’Amahoro y’i Washington D.C. yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi, adahagije, kuko amaze gusinywa nta cyumweru cyashize, Ihuriro AFC/M23 igahita ifata Umujyi wa Uvira.

Yagize ati “Twasobanura gute ko mu gihe kitarenze icyumweru kimwe nyuma yuko amasezerano ya Washington yemezwa, umujyi wa Uvira wafashwe?”

Gusa mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri, AFC/M23 yashyize hanze itangazo, ivuga ko yemeye gukura abasirikare bayo muri Uvira, nyuma yuko ibisabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Karidinali Ambongo yavuze ko ariya masezerano ari ingenzi, ariko ko nkuko ihuriro ry’amadini n’amatorero muri DRC, ritahwemye kubisaba, hakenewe ibiganiro bitagira uwo biheza.

Yagize ati “Kuri ubu, aya masezerano asa n’aho ari inzira y’ingenzi igana ku mahoro nyayo kandi arambye mu karere kacu.”

Kiliziya Gatulika muri Congo, yakunze kuvuga ko ibibazo byakomeje kukama iki Gihugu, bishingiye ku miyoborere idashoboye kandi idashobotse, yimakaje ingeso mbi zirimo ruswa, kwigwizaho imitungo ya bamwe mu bayobozi n’ibindi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?