BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC yasabye MONUSCO kuguma muri iki gihugu 

DRC yasabye MONUSCO kuguma muri iki gihugu 

sam
Last updated: September 8, 2025 10:12 am
sam
Share
SHARE

Nyuma y’urugendo yagiriye i Beni ifatwa nk’umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru ukoreramo ubutegetsi bwa leta ya Kinshasa ,umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro , Jean-Pierre Lacroix, yatangaje ko ubutegetsi bw’i Kinshasa buyobowe na Perezida Tshisekedi bwasabye ko ingabo za MONUSCO zaguma muri iki gihugu.

Yabigarutaeho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 7 Nzeri 2025 ubwo yavugaga ku ruzinduko amazemo iminsi muri iki gihugu kuva tariki 3 Nzeri 2025.

Lacroix yatangaje ko yaganiriye n’abategetsi b’i Kinshasa batandukanye barimo n’umukuru w’igihugu Perezida Felix Tshisekedi Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa, bamubwira ko bashaka ko ubutumwa bwa MONUSCO bukomeza.

Yagize ati “Ubutumwa budaca ku ruhande nahawe na Perezida wa RDC ndetse na Minisitiri w’Intebe ni uko ubuyobozi bwa RDC bushaka ko MONUSCO iguma mu gihugu, kugira ngo ikomeze akazi kandi ubufatanye bwacu nabwo bukomeze ndetse bwongererwe imbaraga.”

Aya magambo ya Jean-Pierre Lacroix aje mu gihe ku wa 9 Nzeri 2025 i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hateganyijwe inteko rusange ya Loni, izanagaruka no ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.

Ni mu gihe kandi mu mezi make azakurikiraho hazasuzumwa niba manda ya MONUSCO ishobora kuvugururwa cyangwa ubu butumwa bwashyirwaho iherezo.

Mbere Félix Tshisekedi yavugaga ko adashyigikiye ubutumwa bwa MONUSCO kuko nta musaruro bwatanze, ndetse yifuzaga ko izi ngabo ziva mu gihugu cye.

Kugeza ubu asa n’uwahinduye imvugo nyuma y’aho izi ngabo zemeye kumushyigikira mu rugamba arimo n’abarwanyi ba AFC/M23 mu burasirazuba bw’igihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?